APR Basketball Club atsinze REG Basketball Club yigarurira ikizere
Ku wa gatanu tariki ya 29 Werurwe 2024 mu nzu y’imikino ya Lycée de Kigali mu Rugunga habereye umukino ukomeye wa shampiyona ya Basketball mu kiciro cya mbere mu Rwanda wahuje APR Basketball Club na REG Basketball Club.
Muri uyu mukino watangiye i saa mbiri n’igice z’ijoro, ikipe y’APR Basketball Club yari ifite impungenge kuko yari imaze icyumweru ikubiswe n’undi mukeba wayo Patriotes Basketball Club amanota 73 kuri 59. Kuri iyi nshuro ariko n’ubwo bitoroheye Jean Jacques Wilson Nshobozwabyosenumukiza, Zion Styles Adonis Filer na bagenzi babo b’APR Basketball Club, byarangiye iyi kipe y’abasirikare b’u Rwanda itsinze ikipe y’Ikigo Gishinzwe Ingufu mu Rwanda amanota 78 kuri 75.
Nyuma y’uyu mukino, imitima ya benshi mu bakunzi b’APR Basketball Club yatangiye gutuza, babona ko ...