Sunday, May 5
Shadow

Imikino

APR Basketball Club igiye kumara iminsi 10 muri Qatar

APR Basketball Club igiye kumara iminsi 10 muri Qatar

Imikino
Ku wa mbere ku itariki ya 19 Gashyantare 2024, ikipe y’APR Basketball Club izerekeza muri Qatar mu rwego rwo gukomeza kwitegura irushanwa rya Basketball Africa League (BAL 2024). Iyi kipe y’abasirikare b’u Rwanda irateganya kumara iminsi 10 muri icyo gihugu aho izakina imikino 5 ya gicuti mu rwego rwo kwipima. APR Basketball Club imaze iminsi yarongeyemo amaraso mashya harimo abanyamahanga bafite ubwenegihugu bwa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika aribo Zion Styles, Michael Dixon na Dario Nathan Henry Hunt. Aba baza biyongera ku bandi bakinnyi beza iyi kipe isanganwe nka Adonis Filer na Jean Jacques Wilson Nshobozwabyosenumukiza. Umunyamabanga mukuru w’ikipe y’APR Basketball Club Eric Kalisa Salongo yatangarije Mukerarugendo.rw ko intego bihaye ari ukugera ku mukino wa nyuma (finale) wa...
Volleyball: Kaminuza y’Afurika y’i Burasirazuba irashaka kujegeza amakipe

Volleyball: Kaminuza y’Afurika y’i Burasirazuba irashaka kujegeza amakipe

Imikino
Muri shampiyona ya Volleyball mu Rwanda imaze igihe gito itangiye hagaragaye amakipe mashya arimo abiri ya Kaminuza y’Afurika y’i Burasirazuba mu Rwanda (East African University Rwanda). Intego y’aya makipe ngo ni ukugaragaza imbaraga zayo mu mwaka wa mbere hanyuma hakazakurikizaho gahunda yo gutwara ibikombe. Umuyobozi wa Kaminuza ya EAUR Dogiteri Callixte Kabera yabwiye Mukerarugendo ko bahagurukanye ubushake buhagije kuko amakipe yabo uko ari abiri (abakobwa n’abahungu) yombi yatangiriye mu kiciro cya mbere. Yongeraho ko batiyandikishije byo kurangiza umuhango ko ahubwo andi makipe agomba kurya ari menge kuko baje gutanga akazi. Ati “Mu gutangira, turashaka kubanza kujegeza amakipe yandi tukayereka ko natwe dukomeye, hanyuma guhera umwaka utaha natwe tukazaba turi abakandida ku b...
CAN 2023: Kote Divuwari yatangiye nabi birangira itwaye igikombe

CAN 2023: Kote Divuwari yatangiye nabi birangira itwaye igikombe

Imikino
Mu ijoro ryo ku cyumweru tariki 11 Gashyantare 2024, ikipe y’igihugu ya Kote Divuwari yegukanye igikombe cya 34 k’ibihugu mu mupira w’amaguru CAN 2023. Ibi yabigezeho  nyuma yo gutsinda Nijeriya ku mukino wa nyuma ibitego 2 kuri 1. Nijeriya nyamara ni yo yari yabanje igitego ariko ‘Inzovu’ za Kote Divuwari ntizacitse intege. Kote Divuwari yishyuye icyo gitego ndetse iza kongeramo icya kabiri k’intsinzi mu minota ya nyuma y’umukino. Kote Divuwari n’ubwo yegukanye iri kamba rya CAN ntabwo yari yatangiye neza kuko mu mikino yo mu matsinda iyi kipe yari yabonye amanota 3 gusa ku icyenda, iza kugira amahirwe yo kuzamuka nk’imwe mu makipe ya gatatu yatsinzwe bidakabije. Ibi byiyongeraho ko yari yanyagiwe mu buryo budasubirwaho n’ikipe y’igihugu ya Guineé Equatoriale yari yabatsinze ibi...
Nijeriya na Kote Divuwari zizahurira ku mukino wa nyuma wa CAN

Nijeriya na Kote Divuwari zizahurira ku mukino wa nyuma wa CAN

Imikino
Mu ijoro ryo ku wa gatatu tariki ya 7 Gashyantare 2024 amakipe y’ibihugu ya Nijeriya na Kote Divuwari yakatishije itike ya finale mu irushanwa ryo guhatanira igikombe cy’Afurika k’ibihugu muri Kote Divuwari. Mu mukino wa mbere wa kimwe cxya kabiri k’irangiza watangiye i saa moya z’ijoro ku isaha yo mu Rwanda, Nijeriya yatsinze Afurika y’Epfo kuri penaliti 4 kuri 2. Iminota 90 isanzwe y’umukino yari yarangiye amakipe yombi anganya igitego 1 kuri 1, hongerwaho iminota 30 ntihagira igihinduka. I saa yine z’ijoro hakurikiyeho umukino wahuje Kote Divuwari na Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo. Uyu mukino warangiye Kote Divuwari itsinze igitego 1 ku busa cyabonetse ku munota wa 65 w’umukino gitsinzwe na Sebastien Haller. Ku wa gatandatu hateganyijwe umukino wo guhatanira u...
Police FC yegukanye igikombe cy’umunsi w’intwari

Police FC yegukanye igikombe cy’umunsi w’intwari

Imikino
Ku wa kane tariki 1 Gashyantare 2024, ikipe ya Police FC yatwaye igikombe cyitiriwe ubutwari itsinze APR FC ku mukino wa nyuma. Umukino warangiye Police FC itsinze APR FC ibitego 2 kuri 1. APR FC ni yo yari yafunguye amazamu ku gitego cya Yunusu Nshimiyimana igice cya mbere cy’umukino kigitangira. Mu gice cya kabiri Police FC yarishyuye ndetse umukio ugiye kurangira yongeramo igitego cya kabiri k’intsinzi. Ibitego bya Police FC byombi byatsinzwe na Peter Agblevor. Mu kiciro cy’amakipe y’abagore, igikombe cy’ubutwari cyatashye mu ikipe ya AS Kigali nyuma yo gutsinda ikipe ya Rayon sport igitego kimwe ku busa. Muri kimwe cya kabiri k’irangiza,ikipe ya Police FC yari yakuyemo Rayon Sport na ho APR FC yari yasezereye Musanze FC. Jean Claude MUNYANDINDA
Inkuru y’akababaro: Théophile MINANI wamamaye muri Volleyball yitabye Imana

Inkuru y’akababaro: Théophile MINANI wamamaye muri Volleyball yitabye Imana

Imikino
Ku wa mbere ku itariki ya 8 Mutarama 2024 uwahoze uri umukinnyi ukomeye wa Volleyball mu Rwanda Théophile Minani yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye igihe kirekire. Ni inkuru y’incamugongo ku bantu bamumenye nk’umukinnyi mwiza mu makipe anyuranye yakiniye. Minani yamenyekanye cyane ubwo yakinaga mu ikipe y’Urwunge rw’Amashuri rw’i Butare guhera mu mwaka wa 1987. Yari umwe mu bakinnyi iyi kipe yari yubakiyeho kuko yayifashije gutwara ibikombe mu marushanwa atandukanye. Minani ni umwe mu bakinnyi bakiniye ikipe ya Rayon Sport Volleyball Club yabayeho mu myaka ya za 90 ariko itaramaze igihe. Mbere gato ya jenoside yakorewe abatutsi, Théophile Minani yakiniraga ikipe ya Kaminuza y’u Rwanda i Butare aho yigaga mu Ishami ry’Amategeko. Nyuma ya jenoside yakorewe abatutsi muri 1994, ...
RWCA yateguye isiganwa y’amagare ryitiriwe inyoni y’Umusambi

RWCA yateguye isiganwa y’amagare ryitiriwe inyoni y’Umusambi

Imikino
Umuryango Nyarwanda Ushinzwe Kubungabunga Inyamaswa zo mu Gasozi (Rwanda Wildlife Conservation Association) wateguye isiganwa ry’amagare ryabereye mu duce dutandukanye dukikije igishanga cya Rugezi mu turere twa Burera na Gicumbi. Iri siganwa ryabaye ku wa gatandatu tariki ya 16 Ukuboza 2023. Muri iri siganwa ridasanzwe ryiswe “Umusambi Race” ryanyuze mu nzira z’imihanda y’ibitaka, intego nyamukuru yari ugukora ubukangurambaga ku kubungabunga inyoni y’umusambi mu Rwanda. Ni irushanwa yakinwe mu byiciro bitatu birimo ababigize umwuga n’abatarabigize umwuga bakoreshaga amagare asanzwe. Iri siganwa ryitiriwe Umusambi kuko igishanga cya Rugezi ari hamwe haboneka umubare munini w’imisambi mu Rwanda. Umuyobozi Mukuru wa Gahunda za RWCA Deo Ruhagazi yatangarije Mukerarugendo.rw ko nk’ab...
BAL 2024: Amakipe 12 azaseruka yose yamaze kumenyekana

BAL 2024: Amakipe 12 azaseruka yose yamaze kumenyekana

Imikino
Amakipe 12 azitabira irushanwa rya Basketball Africa League ry’umwaka wa 2024 yamenyakanye nyuma y’uko hagaragaye amakipe 3 yari asigaye. Ayo makipe atatu yabonye itike bwa nyuma ni Cape Town Tigers yo muri Afurika y’Epfo, City Oilers yo muri Uganda ba Dynamo yo mu Burundi. Ni nyuma y’irushanwa rya Elite 16 ku makipe yo mu kerekezo k’iburasirazuba (East Division) yabereye i Johannesburg muri Afurika y’Epfo kuva ku itariki 21 kugeza ku ya 26 Ugushyingo 2023. Cape Town Tigers ni yo yegukanye umwanya wa mbere muri iki kerekezo itsinze City Oilers amanota 70 kuri 68. Dynamo yabonye umwanya wa gatatu nyuma yo gutsinda COSPN yo muri Madagasikari amanota 79 kuri 78. Aya makoipe atatu yiyongereye ku yandi atatu yaboneye itike ya BAL 2024 mu irushanwa rya Elite 16 ku makipe yo mu kere...
Tharcisse Kamanda yongeye gutorerwa kuyobora ishyirahamwe rya Rubgy mu Rwanda.

Tharcisse Kamanda yongeye gutorerwa kuyobora ishyirahamwe rya Rubgy mu Rwanda.

Imikino
Abanyamuryango b’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Rugby mu Rwanda, ku cyumweru tariki 26 Ugushyingo 2023 batoye komite nshya izayobora muri manda y’imyaka 4 iri imbere. Amatora yashyizeho iyi komite yabereye mu nteko rusange isanzwe yabereye i Nyamirambo kuri Hoteli Kigali View. Nyuma yo gutora mu ibanga, umuyobozi w’inteko itoresha Albert Kayiranga yatangaje ko Tharcisse Kamanda yongeye gutorerwa kuyobora iri shyirahamwe n’amajwi 10 kuri 11 y’abanyamuryango batoye. Abanyamuryango bongeye kwishimira kuyoborwa na  Kamanda ngo kuko babona hari aho amaze kugeza umukino wa Rugby mu Rwanda. Nyuma yo kongera gutorwa, Tharcisse Kamanda  yagize ati “Nishimiye ko abanyamuryango bongeye kungirira ikizere cyo kubayobora muri iyi myaka ine iri imbere. Gusa ni n’inshingano zikomeye kuko baba ...
Irushanwa ryo koga ‘Africa Aquatics Zone 3’ ririmo kubera mu Rwanda

Irushanwa ryo koga ‘Africa Aquatics Zone 3’ ririmo kubera mu Rwanda

Imikino
Kuva ku wa kane ku itariki ya 23 kugeza ku wa gatandatu ku ya 25 Ugushyingo 2023, mu Rwanda harimo kubera irushanwa ryo koga rihuza amakipe y’ibihugu byo mu karere ka 3 muri Afurika ‘Africa Aquatics Zone 3 Swimming Championship 2023’. Iri rushanwa ririmo kubera muri Gahanga Recretion Centre mu karere ka Kicukiro mu mugi wa Kigali. Iri rushanwa ryitabiriwe n’abakinnyi baturuka mu bihugu 10 ari byo u Rwanda, u Burundi, Djibouti, Eritrea, Kenya, Ethiopia, Uganda, Tanzania, Afurika y’Epfo na Eswatini. Abakinnyi baserutse bose hamwe ni 261 barimo 60 b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda. Aba bakinnyi bose bacumbitse muri Hotel La Palisse i Nyamata. Abakinnyi barimo guhatana mu buryo bune butandukanye bwo koga ari bwo Free style, Backstroke, Breaststroke, na Butterfly and Relay. Intera basiganw...