
Donald Trump na Elon Musk batangiye guterana amagambo
Nyuma y’uko umuherwe wa mbere ku isi Elon Musk asezeye mu buyobozi bwa Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, intambara y’amagambo irako meje hagati ye n’uwahoze ari inshuti ye magara ntusige ari we Perezida Donald Trump.
Ubu inzira zabyaye amahari hagati y’aba bagabo bombi b’ibikomerezwa. Kutumvikana kwabo kwaturutse ku mpamvu nyinshi zirimo itegeko rishya rirebana n’imisoro, aho iryo tegeko ryaje ribangamira ubucuruzi bwa Elon Musk cyane cyane ku birebana n’icuruzwa ry’amamodoka y’uruganda rwa Tesla rwa Elon Musk.
Igitangaje ni uko aba bombi batangiye kubwirana amagambo akarishye yatunguye benshi bari babazi nk’inshuti magara.
Elon Musk yashyize ku rukuta rwe twa Twitter amashusho agaragaza uruhare Donald Trump yaba yaragize mu bikorwa by’urukozasoni byakozwe na Jeffrey ...