Thursday, April 24
Shadow

Author: MUKERARUGENDO Admin

Uwahoze ari Perezida wa Philippines yatawe muri yombi

Uwahoze ari Perezida wa Philippines yatawe muri yombi

Ayandi
Ku wa kabiri tariki 11 Werurwe 2025 Rodrigo Duterte wabaye umukuru w’igihugu cya Philippines kuva mu mwaka wa 2016 kugeza muri 2022 yafatiwe ku kibuga k’indege cya Manille. Uyu mugabo yafashwe hashingiwe ku mpapuro zo kumuta muri yombi zari zaratanzwe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (Cour Pénale Internationale). Uru rukiko rumukurikiranyeho ibyaha byibasiye inyoko muntu yaba yarakoze ubwo yayoboraga Philippines. Ibyo byaha bishingiye ku bwicanyi bwakorewe abakekwagaho gucuruza no kunywa ibiyobyabwenge. Ubwo bwicanyi bwategetswe na Duterte ubwo yari Perezida wa Philippines. Urukiko CPI ruvuga ko abantu bari hagati ya 12,000 na 30,000 ari bo basize ubuzima mu nkundura ya Rodrigo Duterte yo guhashya ibiyobyabwenge n’ababikwirakwiza. Abo mu miryango y’abishwe muri ubwo buryo ...
Umukozi wo mu ndege yirukanywe ku kazi kubera imibyinire

Umukozi wo mu ndege yirukanywe ku kazi kubera imibyinire

Travel
Umukobwa witwa Nelle Diala wakoraga muri kompanyi y’indege yitwa Alaska Airlines yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yirukanywe ku kazi ke ko gukora mu ndege (hotesse de l’air) azira gusakaza amashusho arimo kubyina azunguza ikibuno (twerk) yambaye imyenda y’akazi. Uyu mukozi ni we wikururiye ibibazo kuko aya mashusho yayashyize ku rubuga rwe rwa Tik Tok agera no ku bakoresha be. Intego nyamukuru yo gusakaza iyo videwo kwari ukugaragaza ibyishimo yari afite nyuma yo guhabwa akazi mu buryo bwa burundu mu ikompanyi Alaska Airlines nyuma y’amezi atandatu y’igihe k’igerageza. Ibyo byishimo bye byaje guhinduka umubabaro kuko ayo mashusho yashyize hanze yatumye asezererwa ku kazi. Nelle Diala yababajwe cyane n’umwanzuro yafatiwe asobanura ko yarenganye ngo kuko mu mibyinire ye nta kint...
Abakeba baguye miswi, Rayon Sport ikomeza kuyobora urutonde

Abakeba baguye miswi, Rayon Sport ikomeza kuyobora urutonde

Imikino
Ku cyumweru tariki ya 9 Werurwe 2025 ikipe y’APR FC yanganyije na Rayon Sport ubusa ku busa mu mukino w’umunsi wa 20 wa shampiyona y’umupira w’amaguru mu kiciro cya mbere mu Rwanda wabereye kuri Sitade Amahoro i Remera. Mu kibuga uyu mukino wari uri ku rwego ruringaniye kuko abakinnyi batashoboye gutera mu izamu uko byari byitezwe. Mu maso y’abasesengura umupira w’amaguru mu Rwanda, uyu mukino wa derby hagati y’abakeba usigaye urangwa no gucungacungana, hakabaho kwigengesera ngo hatagira ibanza indi igitego. Ibi bigaragazwa n’uko akenshi APR FC na Rayon Sport zikunda kunganya cyane mu mikino nyamara yabaga yakabirijwe. Imikino y’umunsi wa 20 yazanywe mbere y’igihe kuko yari iteganyijwe mu minsi ya nyuma ya shampiyona. Uko indi mikino y’uyu munsi yagenze: Ku wa gatanu tariki...
Abahagarariye u Rwanda mu imurikabikorwa ry’i Berlin basuwe na Minisitiri w’u Budage

Abahagarariye u Rwanda mu imurikabikorwa ry’i Berlin basuwe na Minisitiri w’u Budage

Ibyiza nyaburanga
Ku wa gatatu tariki ya 5 Werurwe 2025 Minisitiri w’Ikoranabuhanga n’Ubwikorezi w’u Budage Dr Volker Wissing yasuye iseta (stand) y’abahagarariye u Rwanda mu Imurikabikorwa Ngarukamwaka ry’Ubukerarugendo ry’i Berlin mu Budage. Iri murikabikorwa rizwi nka ITB (Internationale Tourismus – Börse, uyu mwaka ryahuje ibihugu birenga 60 byo hirya no hino ku isi. Ubwo yasuraga ibikorwa by’ubukerarugendo by’u Rwanda bibumbatiwe muri gahunda ya Sura u Rwanda (Visit Rwanda), Minisitiri Volker Wissing yatangaje ko u Rwanda ari igihugu abantu bakwiriye gusura. Ati “Ni igihugu kiza gifite abaturage beza kandi ikirere cyaho giteye amabengeza. Nabagira inama yo kuzajya kuhasura”. Dr Volker Wissing yongeyeho ko mu Rwanda hari ibikorwaremezo bihamye kandi ubukungu bw’iki gihugu bukaba buhagaze neza. ...
Ibitaro bya mbere ku isi

Ibitaro bya mbere ku isi

Ayandi
Ku rutonde ngarukamwaka rukorwa n’ikinyamakuru Newsweek, ibitaro bya Mayo Clinic ni byo byongeye kuza ku isonga mu bitaro  byiza kurusha ibindi ku isi muri uyu mwaka. Ibi bitaro bije ku mwanya wa mbere ku nshuro 7 zikurikiranya. Uru rutonde rukorwa hashingiwe ku bushakashatsi mu bihugu 30 bihagaze neza mu rwego rw’ubuzima. Ibigenderwaho ni ireme ry’ubuvuzi, urwego rw’imikorere n’umutekano w’abarwayi. Amakuru akusanywa cyane cyane mu bakozi bagana ibitaro ndetse n’abakozi babyo. Ibitari bya Mayo Clinic biherereye mu mujyi wa Rochester muri Leta ya Minnesota muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika. Iki gihugu kihariye imyanya y’imbere kuri uru rutonde rw’ibitaro byiza kurusha ibindi ku isi. Ku mwanya wa kabiri haza Cleveland Clinic yo muri Leta ya Ohio na ho ibitaro bya The Johns Hopkins ...
Umugabo wa Dolly Parton yitabye Imana

Umugabo wa Dolly Parton yitabye Imana

Imyidagaduro
Ku wa mbere tariki ya 3 Werurwe 2025 Carl Dean umugabo w’umuririmbyikazi wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika Dolly Parton wamamaye mu njyana ya country yitabye Imana azize uburwayi. Carl Dean yatabarutse afite imyaka 82. Aba bombi bari bamaranye imyaka 58 nk’umugabo n’umugore kuko bashyingiranywe mu mwaka wa 1966 nyuma y’imyaka ibiri bamenyanye. Ku mbuga nkoranyambaga, umuhanzikazi Dolly Parton yagaragaje ko yashenguwe no kubura umugabo we basangiye akabisi n’agahiye. Ati “Jyewe na Carl Dean twasangiye ibihe byiza mu myaka ikabakaba 60 twari tumaranye nk’abashakanye. Nta magambo mfite yashobora gusobanura urukundo twakundanye.” Dolly Parton yahuye bwa mbere na Carl Dean mu mwaka wa 1964 mu mujyi wa Nashville muri Leta ya Tennessee. Icyo gihe Dolly Parton yari afite imyaka 18 n...
Hashyizweho itegeko ribuza gukata ibiti byo ku bipangu

Hashyizweho itegeko ribuza gukata ibiti byo ku bipangu

Ibyiza nyaburanga
Mu Bufaransa, Ihuriro Rigamije Kurengera Inyoni ku bufatanye n’Ikigo cy’Ikihugu Kibungabunga Urusobe rw’Ibinyabuzima bamaze gufata umwanzuro wo kubuza abantu gukata ibiti byo ku nzitiro z’ibipangu by’amazu yabo. Iryo tegeko, nk’uko bigaragazwa na LPO (Ligue pour la Protection des Oiseaux) na OFB (Office Français de la Biodiversité) rizubahirizwa kuva ku itariki 16 Werurwe kugeza ku ya 15 Kanama 2025. Nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru Mon Jardin, Ma Maison, aya mabwiriza yo kuraza amashami n’amababi b’ibiti bikikije ingo yashyizweho mu rwego rwo kurengera amoko atandukanye y’inyoni kuko yari ari mu kaga gakomeye gaterwa n’uko zari zisigaye zibura aho zitura. Ibyari byazo bysenywaga n’abakora isuku mu busitani. Abafashe uyu mwanzuro bafite ikizere ko nyuma y’amezi atanu, ibintu biza...
Ikinyogote, inyamaswa itera amahirwe

Ikinyogote, inyamaswa itera amahirwe

Ibyiza nyaburanga
Ahantu henshi cyane cyane mu bihugu byo ku mugabane w’u Bulayi bafata ikinyogote nk’inyamaswa itanga umugisha n’amahirwe. Mu mico imwe n’imwe abantu bizera ko iyi nyamaswa yifitemo umugisha ndetse ikawugeza no ku bantu. Hari bavuga ko iyo ugize amahirwe ukabona ikinyogote uhita ubona amahirwe ndetse ukagira n’amafaranga utari witeze. Muri Seribiya bemera ko guhura n’ikinyogote mu nzira ari igisobanuro cy’umugisha w’uwo  munsi. Mu gihugu cy’u Bufaransa bafata ikinyogote nk’akanyamaswa k’ishaba n’uburumbuke. Iyo ikinyogote kigaragaye mu murima biba bisobanuye ko umusaruro w’imyaka ihinzemo uzaba mwinshi. Mu Misiri bagereranya ikinyogote n’ikimenyetso k’imana y’izuba (Ra) irinda roho z’abantu bapfuye bagakomeza kuruhukira mu mahoro. Ubwo bubasha bw’ikinyogote ni bwo butuma hari abaf...
Isiganwa Tour du Rwanda 2025 ryasojwe ritarangiye

Isiganwa Tour du Rwanda 2025 ryasojwe ritarangiye

Imikino
Umufaransa Fabien Doubey ukinira ikipe ya Total Energies yo mu Bufaransa ni we watsinze isiganwa ry’amagare ngarukamwaka rizenguruka igihugu Tour du Rwanda. Ni mu birori bikonje cyane byabaye ku cyumweru tariki ya 2 y’ukwezi kwa 3 muri uyu mwaka wa 2025. Byari bikonje kuko intera ya 7 ari na yo ya nyuma ya Tour du Rwanda itakinwe ngo irangire bitewe n’imvura yaguye isiganwa rigeze hagati. Iyi ntera yagombaga kuzenguruka mu bice binyuranye by’umujyi wa Kigali. Abashinzwe gutegura iri rushanwa bahisemo gufata umwanzuro wo kwirengaziza iyi ntera ya nyuma, bagendera ku bipimo by’igiteranyo rusange nyuma y’agace ka 6 . Ibi ni byo byatumye Fabien Doubey yegukana umwanya wa mbere. Urugendo rw’ibilometero 769 yarukoreshejemo amasaha 19 iminota 35 n’amasegonda 12. Uwabaye uwa kabiri ni He...
Umubiligi Aldo Taillieu ni we watsinze agace k’umusogongero ka Tour du Rwanda 2025.

Umubiligi Aldo Taillieu ni we watsinze agace k’umusogongero ka Tour du Rwanda 2025.

Imikino
Ku cyumweru tariki 23 Gashyantare 2025 mu Rwanda hatangiye isiganwa ry’amagare ngarukamwaka Tour du Rwanda. Abakinnyi 69 ni bo batangiye urugamba rwo guhatanira ikamba ry’iri siganwa mpuzamahanga rizenguruka igihugu ry’uyu mwaka wa 2025. Abasiganwa batangiriye ku gace k’umusogongero, aho buri wese anyonga yizizira, bakarushanwa gukoresha igihe gitoya gishoboka, ari byo bita Individual Time Trial cyangwa Course Contre la Montre Individuelle. I saa tanu n’iminota 30 ni bwo umukinnyi wa mbere yari akandagije ikirenge ke ku kirenge k’igare mu muhango ufungura wayobowe na Perezida w’u Rwanda Paul Kagame. Urugendo rwari ruteganyijwe ni urwo kuzenguruka ibice bitandukanye bituranye na Stade Amahoro i Remera ari byo BK Arena, bakerekeza ku kigo kigenzura ibinyabiziga i Remera, baka...