
Uwahoze ari Perezida wa Philippines yatawe muri yombi
Ku wa kabiri tariki 11 Werurwe 2025 Rodrigo Duterte wabaye umukuru w’igihugu cya Philippines kuva mu mwaka wa 2016 kugeza muri 2022 yafatiwe ku kibuga k’indege cya Manille.
Uyu mugabo yafashwe hashingiwe ku mpapuro zo kumuta muri yombi zari zaratanzwe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (Cour Pénale Internationale).
Uru rukiko rumukurikiranyeho ibyaha byibasiye inyoko muntu yaba yarakoze ubwo yayoboraga Philippines.
Ibyo byaha bishingiye ku bwicanyi bwakorewe abakekwagaho gucuruza no kunywa ibiyobyabwenge. Ubwo bwicanyi bwategetswe na Duterte ubwo yari Perezida wa Philippines. Urukiko CPI ruvuga ko abantu bari hagati ya 12,000 na 30,000 ari bo basize ubuzima mu nkundura ya Rodrigo Duterte yo guhashya ibiyobyabwenge n’ababikwirakwiza.
Abo mu miryango y’abishwe muri ubwo buryo ...