Monday, October 21
Shadow

Travel

Basohowe mu ndege shishi itabona kubera imyambarire

Basohowe mu ndege shishi itabona kubera imyambarire

Travel
Ku wa kane tariki 10 Ukwakira 2024 abakobwa babiri b’Abanyamerikakazi basohowe mu ndege nabi cyane kubera imyenda bari bambaye yagaragaraga nk’idakwiye mu maso y’abashinzwe kugenzura imyitwarire y’abagenzi bo mu ndege z’ikompanyi ya Spirit Airlines ikorera muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika. Ubwo indege yari igihe guhaguruka i Los Angeles yerekeza mu mugi wa Nouvelle-Orléans, abakobwa babiri b’inkumi basutswe hanze kuko bari bambaye udupira tugufi twatumaga batikwiza, kuko igice cyo hasi k’inda cyagaragaraga, bimwe bakunze kwita ‘mkondo wazi’. N’ubwo kuri utwo dupira tugufi bari barengejeho indi mipira, abashinzwe ubugenzuzi banze ko bahagurukana n’abandi bagenzi ngo kuko iyi myambarire inyuranyije n’indangagaciro zigomba kugenderwaho n’abagenzi b’indege za kompanyi Spirit Airlines. ...
Umupilote yapfuye atwaye indege

Umupilote yapfuye atwaye indege

Travel
Ku wa kabiri tariki 8 Ukwakira 2024 umupilote w’imyaka 59 usanzwe akora mu ikompanyi y’indege ya Turkish Airlines yapfuye ubwo yari atwaye indege yavaga mu mujyi wa Seattle muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yerekeza Istanbul muri Turkiya.   Ubwo umugabo yari amaze kugaragara nk’uhwereye byabaye ngombwa ko indege ijyanwa igitaraganya kugwa ku kibuga k’indege cya JFK kiri i New York. Ibi byakozwe n’abandi bapilote babiri bari kumwe na we mu kazi. Bari bizeye ko nibura yakorerwa ubutabazi akaba yahembuka akazanzamuka. Ku bw’amahirwe make yashizemo umwuka mbere y’uko indege igera ku butaka. Ikinyamakuru Turkiye Today kivuga ko uyu mupilote yakoreraga Turkish Airlines kuva mu mwaka wa 2007. Cyongeraho ko nta burwayi yari azwiho ndetse ngo mu ntangiriro y’ukwezi kwa Werurwe 2024...
DHL ni ikigo cy’ubukombe mu bwikorezi bw’ubutumwa

DHL ni ikigo cy’ubukombe mu bwikorezi bw’ubutumwa

Ayandi, Travel
Kompanyi y’Abadage DHL yamamaye ku isi yose kubera umwanya wa mbere ifite mu bunararibonye bw’ubwikorezi bwibanda byane ku mabaruwa n’ubutumwa. DHL ni impine igizwe n’amazina y’abayishinze ari bo Dalsey, Hillblom na Lynn. Iyi kompanyi ni iy’ikigo cy’Abadage cyitwa Deutsche Post. Yashinzwe mu mwaka wa 1969 ikaba yaratwaraga amabaruwa n’inyandiko hagati ya San Fransisco na Los Angeles muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika. Umwaka ukurikiyeho ibikorwa bya DHL byakomereje no hirya no hino ku isi. Mu mwaka wa 1998 Deutsche Post yatangiye kugura imigabane muri DHL iza kuyegukana burundu muri 2002. DHL ikoresha uburyo bwose bw’ubwikorezi ari bwo indege, imodoka, gari ya moshi n’ubwato. Mukerarugendo
Rwandair yateguje bamwe mu bagenzi ku ngorane bazahura na zo

Rwandair yateguje bamwe mu bagenzi ku ngorane bazahura na zo

Ayandi, Travel
Ikompanyi y’indege Rwandair yamenyesheje abagenzi berekeza mu mujyi wa Londres mu Bwongereza ko bashobora guhura n’inzitizi mu ngendo zabo bitewe n’imyigaragambyo irimo kubera kuri icyo gihugu.   Ubuyobozi bw’iyi kompanyi bwifashishije urubuga rwa X, bwatangaje ko abakozi bo mu ishami rishinzwe abinjira n’abasohoka mu Bwongereza barimo gukora imyigaragambo yatangiye ku itariki ya 31 Gicurasi ikazageza ku ya 2 Kamena 2024. Kubera iyo mpamvu abagenzi berekeza ku kibuga k’indege cya Heathrow i Londres bamara umwanya munini bategereje kugenzurwa nyuma yo kuva mu ndege. Ubu buyobozi burasaba abaclients babo kwihanganira izo nzitizi. Iyi myigaragambyo irimo gukorwa n’abakozi bagera kuri 500 bashinzwe kugenzura abinjira n’abasohoka ku kibuga cya Heathrow kubera ko hari ingingo n...
Bafashwe bagiye gusiga umwana wabo ku kibuga k’indege

Bafashwe bagiye gusiga umwana wabo ku kibuga k’indege

Travel
Muri Israel ababyeyi bahagaritswe n'abashinzwe umutekano ku kibuga k'indege Ben Gourion cy’i Tel Aviv ku itariki ya 1 Gashyantare 2023 ubwo bari bamaze gufata umwanzuro wo gusiga umwana wabo. Aba babyeyi bari bafite urugendo rwerekeza i Buruseli mu Bubiligi mu ndege y'ikompanyi ya Ryanair. Ikinyamakuru the Times of Israel kivuga ko aba babyeyi bageze ku kibuga bakererewe, bafata ikemezo gitunguranye cyo gusiga umwana wabo w'uruhinja ku kibuga kindege kuko batari bamuguriye itike. Bihutiye kwinjira mu ndege basiga umwana wabo w'umuhungu aho abagenzi biyandikishiriza. Inzego z'umutekano wo ku kibuga k'indege bahise bahagarika abo babyeyi zibategeka kujya gufata umwana wabo mbere yo kujya guhatwa ibibazo na polisi. Ubuyobozi bw'ikompanyi y'indege ya Ryanair bwahise busohora itang...
Umugore yapfiriye mu ndege, umuryango we umara amasaha menshi hafi y’umurambo we

Umugore yapfiriye mu ndege, umuryango we umara amasaha menshi hafi y’umurambo we

Ayandi, Travel
Ku wa gatanu tariki 5 Kanama 2022 umugore w’Umwongerezakazi yapfuye urupfu rutunguranye ari mu rugendo rw’indege yavaga muri Hong Kong yerekeza mu Bwongereza, urugendo rurakomeza ku buryo abo mu muryangowe bari kumwe bagumye hafi y’umurambo we mu gahinda kenshi mu gihe kingana n’amasaha 8. Helen Rhodes umubyeyi w’abana babiri yasinziriye ubudakanguka ubwo bari mu rugendo we n’umugabo we n’abana be babiri. Abantu bageregeje kumuha ubutabazi ngo barebe ko yakanguka ariko biba iby’ubusa kuko yari yamaze gupfa urupfu rw’amarabira. Indege yakomeje kuguruka, umurambo wa nyakwigendera na we uguma aho yari yicaye, abo mu muryango we na bo bakomeza kuba hafi aho, urugendo rurakomeza mu gihe cy’amasaha umunani yose kugeza ubwo indege yagwaga ku kibuga cya Frankfurt mu Budage. Umurambo w’uwo mubye...