Friday, April 26
Shadow

Ibyiza nyaburanga

Nyarutarama Sports Trust Club, igisubizo ku bifuza gukina, kuruhuka no kwidagadura

Nyarutarama Sports Trust Club, igisubizo ku bifuza gukina, kuruhuka no kwidagadura

Dusohokere he?, Ibyiza nyaburanga
Nyuma y’imyaka 20 kimaze gishinzwe, ikigo cya Nyarutarama Sports Trust Club giherereye i Nyarutarama gikomeje gutanga umusanzu mu guteza imbere siporo n’imyidagaduro binyuze mu bikorwa bitandukanye bihabera. Mukerarugendo yongeye kuhatemberera kugira ngo na yo ihatembereze abasomyi bacu. Muri Nyarutarama Sports Trust Club habera imikino itandukanye ari yo Tennis, ingororangingo (gym), aerobics ikinwa iherekejwe na muzika, koga (swimming) na Tennis ikinirwa ku meza (table tennis /tennis de table). Hari kandi serivisi ya sauna na massage bifasha abantu gutandukana n’amavunane. Umuyobozi wa Nyarutarama Sports Trust Club Patrick Rugema avuga ko mu gihe cya vuba bateganya kuzana indi mikino mishya mu rwego rwo kurushaho kongera amahitamo y’abasura iki kigo. Ati “Mu minsi iri mbere tuz...
Inama 5 zifasha ba mukerarugendo kwitegereza inyamaswa

Inama 5 zifasha ba mukerarugendo kwitegereza inyamaswa

Ibyiza nyaburanga
Kureba inyamaswa ntabwo byorohera ba mukerarugendo bajya kuzisura. Kugira ngo umenye aho inyamaswa ziherereye, ushobore kuzegera ntiziguhunge bisaba ubwitonzi. Hari inama eshanu zishobora kubigufashamo. Guceceka no kwihisha Ikintu k’ibanze gisabwa abashaka kureba inyamaswa ni uguceceka. Ikindi ugomba kwitwararrika ni ukugenda buhoro ureba aho ukandagiza ibirenge kugira ngo amababi yumye y’ibiti adateza urusaku. Kuri ibi hiyongeraho no kwirinda kwitera imibavu ishobora guhumurira inyamaswa bikaba byatuma zikwikanga. Kwisanisha n’ibiti n’ibyatsi Si ngombwa kwambara imyenda y’amabara ashitura kuko ayo mabara yatuma inyamaswa wifuza kureba zikubona ukiri kure zigahunga. Ni byiza kwambara imyenda ifite amabara ya kaki, icyatsi kibisi cyangwa imyenda isa n’ibiti n’ibyatsi biri ...
Anantara, kamwe mu duce dukurura ba Mukerarugendo mu birwa bya Maurice

Anantara, kamwe mu duce dukurura ba Mukerarugendo mu birwa bya Maurice

Dusohokere he?, Ibyiza nyaburanga
Ibirwa bya Maurice ni kimwe mu bihugu by’Afurika bifite ubukerarugendo bwateye imbere biturutse ku bwiza karemano. Agace kitwa Anantara ni kamwe mu dusurwa cyane. Anantara iherereye mu majyepfo y’uburasirazuba bwa Maurice ikagira ahantu nyaburanga henshi kandi heza. Ahitwa Anantara Iko ho harahebuje kuko hatunganyijwe by’umwihariko mu rwego rwo gukora ikinyuranyo. Iyo wasohokeye aho hantu nta kindi kintu uba ushobora kubona usibye urusobe rw’ibinyabuzima bigizwe n’ibimera, amazi n’utunyamaswa. Ushobora gukora urugendo rw’ibilometero utarabona andi mazu atuwemo n’abaturage. Serivisi z’ubukerarugendo ushobora kubona muri Anantara Iko igihe wahasohokeye ni ibintu biranga umuco w’icyo gihugu, koga mu mazi y’urubogobogo, amafunguro ya gakondo n’aya kizungu ndetse n’imikino y’u...
Ingoro 10 z’akataraboneka z’abami n’abaperezida ku isi

Ingoro 10 z’akataraboneka z’abami n’abaperezida ku isi

Ibyiza nyaburanga
Hirya no hino ku isi abami n’abaperezida bagira ingoro ziteye amabengeza. Tugiye kubagezaho ingoro icumi zatoranyijwe nk’inziza kurusha izindi ku isi. 1- Ingoro ya Quirinal mu Butaliyani Iyi ngoro ifatwa nk’ikimenyetso cya Leta y’u Butaliyani. Yubatse ku musozi usumba iyindi mu misozi irindwi igize umugi wa Roma. Ni ho Perezida w’u Butaliyani atuye. Ingoro ya Quirinal yubatswe mu kinyejana cya 16 kugira ngo izabe icumbi rya Papa nyuma iza guhinduka icumbi ry’abami b’u Butaliyani. Kuri iyi ngoro tuhasanga ibibumbano bya Petero na Pawulo intumwa. Hagaragaramo kandi ishusho ya Bikira Mariya n’Umwana Yezu. 2- Ingoro y’Umuseke muri Brezili (Le palais de l'Aurore) Ni icumbi rya Perezida wa Brezili ryubatse mu murwa mukuru Brazilia. Yubatse mu burasirazuba bw’uyu mujyi ku mwi...
Wari uzi ko hari inyamaswa zishobora kuguruka kandi atari inyoni cyangwa inigwahabiri?

Wari uzi ko hari inyamaswa zishobora kuguruka kandi atari inyoni cyangwa inigwahabiri?

Ibyiza nyaburanga
Akenshi tumenyereye ko inyamaswa zifite ubushobozi bwo kuguruka mu kirere ari izo mu bwoko bw’inyoni cyangwa udusimba tw’inigwahabiri. Gusa hari inyamaswa zo mu bindi byiciro na zo zishoboka kugendera mu kirere. Agacurama Ni inyamaswa ibarizwa mu kiciro k’inyamabere. Agacurama kifashisha akugara gahuza intoki zako kandi kakaba gafashe no ku gatuza. Aka gatuza ni ko gaha imbaraga agacurama kugira ngo ako kugara (kagereranywa n’amababa) gashobore kunyeganyega bityo agacurama gashobore kuguruka. Inkima Hari ubwoko bw’inkima bushobora kuguruka. Izo nkima zifashisha umurizo wazo kugira ngo zishobore kuguma mu kirere. Gusa ntabwo ari inkima zose zifite ubushobozi bwo kuguruka. Inkima ziguruka ni izo mu bwoko bwihariye bwa Pteromyini. Inzoka Hari ubwoko bw’inzoka zig...
Umwaka wa 2023 wasize intare ebyiri zo muri Pariki y’Akagera zipfuye

Umwaka wa 2023 wasize intare ebyiri zo muri Pariki y’Akagera zipfuye

Ibyiza nyaburanga
Intare ebyiri mu zari zarazanywe muri Pariki y’Akagera zapfuye mu mwaka wa 2023 zizize izabukuru. Nyuma y’imyaka umunani zizanywe muri iyi pariki, intare yitwa Ntwari n’iyitwa Ngagari zapfuye zishaje. Iya mbere yari ifite imyaka 13 iya kabiri ikagira 12. Izi ntare zari zarazanywe mu mwaka wa 2015 nyuma y’uko izi nyamaswa zari zitangiye gucika kubera ba rushimusi. Ibi byatumye zongera kororoka ku buryo ubu muri Pariki y’Akagera hari intare zigera kuri 60. Ubuyobozi bw’iyi pariki butangaza ko usibye intare, n’izindi nyamaswa ziyongereye muri rusange ku kigero cya 127% guhera mu mwaka wa 2010. Ibarura ry’inyamaswa riheruka gukorwa ryagaragaje ko Pariki y’Akagera irimo inyamaswa z’inyamabere 11338 mu gihe mu myaka 13 ishize zari 5000. Mary IRIBAGIZA  
Ibintu 8 byo kwitabwaho mu bikorwa by’ubukerarugendo

Ibintu 8 byo kwitabwaho mu bikorwa by’ubukerarugendo

Ibyiza nyaburanga
Kugira ngo ubukerarugendo butange umusaruro utegerejwe ni ngombwa ko abantu bazirikana ibintu 8 by’ingenzi ngenderwaho. Ibyo bintu shingiro ni ibi bikurikira :   Igiciro :Ni ngombwa kwihatira gucunga ibiciro mu bikorwa by’ubukerarugendo. N’ubwo kugabanya ibiciro bifasha kubona abaguzi ariko ntabwo bigomba gusigana no gutanga serivisi nziza. Ingano y’ibicuruzwa :Iyo ibicuruzwa ari byinshi kandi biboneka ku buryo butagoranye bituma ubukerarugendo burushaho kugenda neza. Kubaka izina :ibigo runaka byagiye bimenyekana, izina ryabyo riramamara kubera imikorere yabyo myiza. Ni ngombwa rero kuzirikana ko gukora izina mu bikorwa by’ubukerarugendo ari ikintu cy’ingirakamaro. Kwirinda gutungurwa :Niba ikigo runaka cy’ubukerarugendo kigomba gutegura ingendo za ba mukerar...
Amasumo atangaje kurusha ayandi ku isi

Amasumo atangaje kurusha ayandi ku isi

Ibyiza nyaburanga
Amazi atemba ahantu hahanamye yitwa amasumo. Hirya no hino ku isi aya masumo arahari ariko hari atangaje kurusha ayandi. Isumo rya Victoria muri Zimbabwe: Ni isumo ritangaje aho amazi amanuka ahareshya na metero 130 z’ubuhaname. Iri sumo kandi rifite ubugari bwa kilometer imwe n’igice. Igitangaje kurushako kuri iri sumo rya Victoria ni uko igihu giterwa n’aya mazi yisuka kigaragarira mu bilometero 70 byose uturutse aho iri sumo riri kandi urusaku rw’amazi yaryo rukumvukanira mu bilometero 40. Amasumo ya Plitvice muri Croatie: Aya masumo aherereye muri pariki ya Croatie akaba ku rutonde rw’ibintu by’umurage kamere by’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burezi Ubumenyi n’Umuco (UNESCO). Isumo rya Niagara: iri sumo riza ku mwanya wa mbere rw’amasumo azwi cyane ku rwe...
Ibihugu 10 bya mbere ku isi bisurwa na ba mukerarugendo

Ibihugu 10 bya mbere ku isi bisurwa na ba mukerarugendo

Ibyiza nyaburanga
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bukerarugendo (UNWTO) ryakoze icyegeranyo cy’uko ubukerarugendo bwifashe mu bihugu by’isi (World Tourism Barometer 2023). Nk’uko byatangajwe na UNWTO, ngo miliyoni 207 z’abakerarugendo mpuzamahanga bazengurutse isi mu 2022; kandi hagati ya Mutarama na Nyakanga 2023, ba mukerarugendo miliyoni 700 bakoze ingendo mpuzamahanga, 43% ugereranije no mu mezi amwe ya 2022. Muri iyi nkuru tugiye kugaruka ku bihugu 10 bya mbere ku isi bisurwa na ba mukerarugendo. Ubufaransa Ubufaransa nicyo gihugu cya mbere gisurwa cyane ku isi gifite abashyitsi  babarirwa muri miliyoni 48.4. Umurwa mukuru wacyo, Paris, niwo mujyi wa kabiri usurwa cyane ku isi. Ubufaransa buzwi nk'igihugu gifite inyubako zitangaje ndetse n' imitekere y’ibyo kurya bifite uburyohe bu...
Wari uzi ko imvubu igira amahane kurusha intare?

Wari uzi ko imvubu igira amahane kurusha intare?

Ibyiza nyaburanga
Imvubu ni inyamaswa y’inyamabere iba mu biyaga no mu nzuzi. Iyi nyamaswa igira amahane atangaje ku buryo ubukana bwayo busumba ubw’izindi nyamabere zirimo n’intare. Mu bikorwa byakwitwa iby’urugomo by’imvubu harimo kona imyaka ihinze hafi y’ibyanya byayo nko mu bishanga no mu bibaya. Gusa ubukana bwayo ntibugarukira ku kwangiza no kurya ibihingwa gusa, kuko n’abantu ntabwo ibarebera izuba cyane cyane iyo yarakaye. Buri mwaka imibare igaragaza ko abantu bicwa n’imvubu buri mwaka ku isi yose baruta abicwa n’intare. Ibi bisobanuye ko imvubu ari izo kwitonderwa. N’ubwo ari indyabyatsi ariko zirya n’inyama. Imvubu ntitinya gusatira umuntu no kumwirukankana mu gihe ishaka ko yamubera umuhigo. N’ubwo igaragara nk’inyamaswa iremereye kubera imiterere yayo, ishobora kunyaruka ku muvuduko ...