Thursday, April 25
Shadow

Imyidagaduro

Yannick Noah amaze gushaka umugore wa kane

Yannick Noah amaze gushaka umugore wa kane

Ayandi, Imyidagaduro
Umugabo wabaye icyamamare mu mukino wa Tennis ndetse no muri muzika yamaze kwemeza ko amaze kwemeranya kubana n’umugore wa kane witwa Malika. Uyu mugabo w’Umunyakameruni ariko ufite n’ubwenegihugu bw’u Bufaransa yari aherutse gutangaza ko nta kifuzo cyo kongera gushaka umugore afite nyuma yo gutandukana n’abagore batatu bose. Yongeye gutungurana ubwo yatangazaga ko amerewe neza mu rukundo na Malika w’imyaka 32 akaba amurusha imyaka 31 kuko we afite imyaka 63. Malika na we akomoka muri Afurika, papa we akaba akora mu birebana n’ububanyi n’amahanga. Umugore wa mbere Yannick Noah yashatse ni Cécilia Rodhe bambikanye impeta mu mwaka wa 1984 babyarana abana babiri ari bo Joakim Noah na Yéléna Noah. Yannick Noah na Cécilia Rodhe baje gutandukana Noah arongora umunyamideli w’Umwonge...
Dolly Parton yagaragaye mu myambaro itaravuzweho rumwe

Dolly Parton yagaragaye mu myambaro itaravuzweho rumwe

Imyidagaduro
Ku itariki 23 Ugushyingo 2023 umuhanzikazi wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika Dolly Parton yagaragaye yambaye imyenda yateje bamwe mu bamubonye gucika ururondogoro. Uyu muririmbyikazi w’icyamamare mu njyana ya Country yahawe umwanya ngo aririmbe nyuma y’igice cya mbere cy’umukino w’umupira w’amaguru ku munsi mukuru w’amashimwe (Thanksgiving). Hari benshi banenze imyenda yaserukanye icyo gihe bakavuga ko idakwiranye n’umuntu ukuze dore ko afite imyaka 77 y’amavuko. Abatarishimiye uburyo yari yambaye agakabutura kagufi bavuze ko ku myaka ye atari akwiye kwambara gutyo. Bongeraho ko Dolly Parton akabya kuko ashaka kwitwara nk’umwangavu w’imyaka 20 kandi ageze mu zabukuru. Ku rundi ruhande hari abavuze ko imyambarire ya Dolly Parton nta cyo itwaye cyane cyane ko mu buhanzi umuntu af...
Chuck Norris: Tumenye amahame 10 y’ingenzi uyu mukinnyi wa filimi agenderaho

Chuck Norris: Tumenye amahame 10 y’ingenzi uyu mukinnyi wa filimi agenderaho

Ayandi, Imyidagaduro
Umukinnyi w'igihangange wa filimi Chuck Norris yamamaye cyane mu gukina filimi z'imirwano. Uyu musaza w'Umunyamerika w'imyaka 83 azwi cyane muri filimi zakunzwe ku isi yose nka Portés Disparus (Missing in Action), La Fureur du Dragon (the Way of the Dragon) n'izindi. Aya ni amahame 10 Chuck Norris agenderaho mu buzima bwe nk'umukinnyi ndetse no mu buzima busanzwe nk'umuntu: 1.Nzatanga imbaraga zange zose kugira ngo ntere imbere. 2.Nzibagirwa amakosa yakozwe mu bihe byashize kugira ngo nite ku hazaza, ni bwo nzagera kuri byinshi. 3.Nzihatira kugira urukundo, umunezero n'ubudahemuka mu muryango wange. 4.Nzaharanira gukora ibifitiye akamaro abantu bose kandi nzagerageza kubaha agaciro. 5.Mu gihe nzaba nta kintu kiza mfite cyo kuvuga ku bandi, nzahitamo kwicecekera. 6.Nza...
Ibintu 7 mukwiye kumenya ku muhanzikazi Dolly Parton

Ibintu 7 mukwiye kumenya ku muhanzikazi Dolly Parton

Imyidagaduro
Dolly Parthon ni umuhanzikazi w’icyamamare mu njyana ya Country akaba yarakoze albums zirenze 70 mu gihe amaze muri muzika. Hari ibintu 7 abenshi batari bazi kuri uyu mukecuru w’imyaka 77 wavukiye muri Leta ya Tennessee muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika. 1.Ubwo yavukaga, Papa we yagurishije umufuka wa kawunga ngo haboneke amafaranga y’ibitaro Uyu muhanzikazi ntabwo ajya ahisha ko yavukiye mu muryango ukennye. Hari n’indirimo yahimbye yitwa “The coat of many colours” ibishimangira. Avuga ko byabaye ngombwa ko umubyeyi we agurisha agafuka k’ifu y’ibigori ngo hishyurwe ibitaro Dolly Parton yavukiyemo ku itariki 19 Mutarama 1946. 2.Yacitse amano, mama we ayasubizaho Ubwo yari afite imyaka 7, Dolly Parton yasimbutse urupangu agwa mu bimene by’amacupa hanyuma amano ye 3 aracika. K...
Abacuranzi b’inanga bamamaye mu mateka ya muzika gakondo

Abacuranzi b’inanga bamamaye mu mateka ya muzika gakondo

Imyidagaduro
Inanga ni kimwe mu bicurangisho by'imena muri muzika mu muco nyarwanda. Mu bitaramo no mu mihango gakondo yo mu Rwanda inanga yarifashishwaga cyane. Mu Rwanda habayeho abacuranzi b'inanga b'ibyamamare ndetse n'ibihangano byabo biramenyekana hifashishijwe itangazamakuru cyane cyane mu biganiro by'igitaramo. Mukerarugendo.rw irabagezaho abacuranzi 19 b'inanga bamenyekanye cyane mu Rwanda kubera inganzo yabo ikomeye. Bernard RUJINDIRI: Afatwa nk'umwe mu bari ku isonga mu buhanzi bwo gucuranga inanga wamenyekanye cyane. Zimwe mu nanga yacuranze ni Imitoma, Inkotanyi cyane, Kamujwara n'izindi. Joseph SEBATUNZI: yamanyekanye cyane mu murya we wihariye mu bihangano nka Kamananga ka Sebajura, Rukara, Nyakwezi, Ikibasumba na Nyirabisabo. Appolinaire RWISHYURA: Abumvise igiteker...
Karahanyuze : Abahanzikazi babaga muri diaspora bagaragaje imbaraga kurushaho.

Karahanyuze : Abahanzikazi babaga muri diaspora bagaragaje imbaraga kurushaho.

Imyidagaduro
Kubera ko abakunzi ba Mukerarugendo.rw bakomeje kudusaba kubagezaho amakuru anyuranye mu myidagaduro, tugiye kubagezaho bamwe mu bahanzi b'Abanyarwandakazi bakanyujijeho mu myaka yo hambere. Abanyempano b'Abanyarwandakazi batanze umusanzu wabo mu buhanzi bwa muzika nyarwanda ; hari bamwe bakiriho hari n'abatabarutse. Abenshi muri bo ni abahanzi bamaze igihe kinini mu mahanga aho bari barahungiye. Abahanzikazi bamamaye babarizwaga hanze y'u Rwanda : Cécile Kayirebwa: Yamamaye mu ndirimbo zinyuranye zakunzwe na benshi. Uyu mubyeyi w'imyaka 77 azwi mu ndirimbo nyinshi za gakondo nka Tarihinda, Urusamaza, Umutware n'izindi nyinshi. Yakoze ibitaramo bikomeye mu Bubiligi, mu Rwanda no hirya no hino ku isi. Yigeze kuyobora itorero Amarebe n'Imena. Suzanne Nyiranyamibwa: Ku mya...
Bimwe mu bishyitsi bitanyeganyega mu ikinamico nyarwanda

Bimwe mu bishyitsi bitanyeganyega mu ikinamico nyarwanda

Imyidagaduro
Kuva mu mwaka wa 1984 ubwo Radiyo Rwanda yatangiraga kugeza ku bayumva amakinamico, iyi gahunda yakomeje kugira abakinnyi bashoboye kandi bakunzwe ku buryo ubwamamare bwabo bwashinze imizi mu mitima y'abakunzi b'imyandikire n'imikinire y'umwimerere. Tugiye kubagezaho amazina y'abakinnyi bo mu itorero Indamutsa bubatse amateka atoroshye gusibangana mu ikinamico nyarwanda. SEBANANI Andereya: Yabaye umukinnyi w'ikitegererezo mu makinamico atandukanye. Role yahabwaga gukina iyo ari yo yose yayitwaragamo neza kubera ijwi rye ritagira uko risa n'amagambo arimo uturingushyo. Amakinamico yumvikanyemo ni menshi tuvuge nk'Amabanga y'ikuzimu yakinnyemo yitwa Sugira, iyitwa Icyanzu k'Imana yumvikanyemo yitwa Kwibuka, muri Nyamwanga kumva ntiyanze no kubona yakinnye nka Rusisibiranya n'izindi. ...
Tumenye amwe mu mateka ya Wenge Musica

Tumenye amwe mu mateka ya Wenge Musica

Ayandi, Imyidagaduro
Itsinda rya Wenge Musica ni rimwe mu yamamaye mu mateka y'ubuhanzi muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo. Abari bayigize bubatse izina mu gihugu ndetse no hirya no hino ku isi. Orukesitiri Wenge Musica yashinzwe na Didier Masela mu mwaka wa 1981. Mbeye y'uko itangizwa ku mugaragaro igahabwa n'iryo zina yari igizwe n'abasore b'abanyeshuri baririmbaga byo kwinezeza mu gihe babaga bari mu biruhuko; icyo gihe abo banyeshuri bari bibumbiye mu kitwaga Celio Stars. Nyuma yo gushingwa, Wenge Musica ntabwo yatinze kwamamara kuko yari ifite abanyempano haba mu miririmbire haba no mu micurangire. Iri tsinda ryibandaga ku njyana ya soukous, rumba ndetse ryaje no kwadukana umucezo mushya witwa ndombolo. Aba bahanzi bahimbye indirimbo nyinshi banakora ibitaramo binyuranye muri Kongo...
Céline Dion yongeye kugaragara mu ruhame

Céline Dion yongeye kugaragara mu ruhame

Ayandi, Imyidagaduro
Nyuma yo gufatwa n’uburwayi bw’imyakura bwakomye mu nkokora ibikorwa bye bya muzika, umuhanzikazi w’Umunyakanada Céline Dion yongeye kugaragara mu ruhame atanga ikizere cy’uko arimo koroherwa. Ku itariki ya 30 Ukwakira 2023, uyu muririmbyikazi w’icyamamare yagiye kureba umukino wa Hockey wabereye i Las Vegas wari wahuje ikipe ya Golden Knights na Montreal. Icyo gihe yagaragaraga nk’umuntu umeze neza ku  buryo abenshi batangiye kugira ikizere cy’uko yaba agiye koroherwa akagaruka gususurutsa abakunzi be mu bitaramo. Céline Dion yari aherekejwe n’abahungu be batatu ari bo René Charles w’imyaka 22, n’impanga ze Nelson na Eddy b’imyaka 13. Uburwayi bwa bw’uyu muhanzikazi ni uburwayi budasanzwe bufata imyakura bugaca intege ubufite. Kuri Céline Dion bwamugizeho ingaruka zikomeye ku bu...
Urukundo rwongeye gukeba hagati ya Neymar na Bruna Biancardi

Urukundo rwongeye gukeba hagati ya Neymar na Bruna Biancardi

Imyidagaduro
Nyuma y'igihe kitari gito urukundo hagati y'umukinnyi w'ikirangirire mu mupira w'amaguru Da Silva Santos Junior uzwi nka Neymar na Bruna Biancardi rwarakonje, ubu noneho rwongeye kugurumana. Mu gihe aba bombi bari baramaze gutandukana, umunsi mukuru w'amavuko wa Neymar yizihiza ku itariki ya 5 Gashyantare yongeye kuba imbarutso yo kongera kugaragaza ko urukundo rw'aba bantu b'ibyamamare bakomoka muri Brezil rwongeye kuzanzamuka. Bruna Biancardi yahamije ko yongeye gusubirana n'umukunzi we Neymar abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram aho akurikirwa n'abantu miliyoni 2 nibihumbi 200. Yanditse ati "Isabukuru nziza mwiza wanjye, byose nabikubwiye ariko ndagira ngo mbihamirize na hano kuri uru rubuga." Hari amakuru yari amaze iminsi ahwiwhwiswa ko Neymar yaba asigaye akund...