Thursday, January 22
Shadow

Imikino

Rayon Sport yongeye kunyagirwa bine, irushaho kwerekeza ahabi

Rayon Sport yongeye kunyagirwa bine, irushaho kwerekeza ahabi

Imikino
Ku wa gatandatu tariki 17 Mutarama 2026 ikipe ya Rayon Sport yongeye gutsindwa nk’idahari mu mukino wa shampiyona y’umupira w’amaguru mu kiciro cya mbere mu Rwanda. Yanyagiwe na Al Hilal yo muri Sudani ibitego bine ku busa. Muri uyu mukino wabereye kuri Sitade Amahoro i Remera, Bruno Ferry umutoza mushya wa Rayon Sport n’abakinnyi be biganjemo abashya yongeye guhabwa isomo rya ruhago nk’uko biherutse kumugendekera mu mukino wo guhatanira igikombe kiruta ibindi mu Rwanda (Super Cup). Icyo gihe yambitswe ubusa na mukeba wayo APR FC itsindwa ibitego bine kuri kimwe. Kwinjizwa ibitego 8 mu mikino ibiri ni ikimenyetso cy’uko Rayon Sport irangaye mu bwugarizi bwayo. Ubusatirizi bw’iyi kipe na bwo buragaragaza intege ke kuko yinjije igitego 1 rukumbi mu mikino ibiri ikurikirana. ...
Perezida w’u Rwanda n’uwa Senegali bakoze siporo rusange

Perezida w’u Rwanda n’uwa Senegali bakoze siporo rusange

Imikino, Uncategorized
Ku cyumweru tariki 19 Ukwakira 2025 Perezida w’u Rwanda Paul Kagame na Perezida Bassirou Diomaye Faye wa Senegali bakoze siporo muri gahunda ya Car Free Day. Amakuru aturuka mu biro bya Perezida wa Senegali avuga ko Diomaye Faye yatumiwe n’inzego za Leta y’u Rwanda kugira ngo yifatanye na Perezida Kagame muri iki gikorwa cya siporo gitegurwa kabiri mu kwezi, abayobozi na bamwe mu baturage bakagihuriramo. Perezida Diomaye Faye wari uri mu ruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda yanyujije ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga ze agaragaza ko urugendo we n’itsinda rye bagiriye mu Rwanda rwagize umumaro mu mikoranire y’ibihugu byombi. Ati “Uruzinduko rwanjye mu Rwanda rwasojwe n’ikimenyetso cy’ubumwe n’ubufatanye. Ndashimira Perezida Paul Kagame, guverinoma ye n’abaturage bo mu Rwanda batwa...
Ruracyageretse hagati ya Patriotes n’APR Basketball Club muri kimwe cya kabiri k’irangiza

Ruracyageretse hagati ya Patriotes n’APR Basketball Club muri kimwe cya kabiri k’irangiza

Imikino
Mu ijoro ryo ku itariki ya 25 Kamena 2025 mu nzu y’imikino ya BK Arena i Remera, ikipe ya Patriotes Basketball Club yatsinze APR Basketball Club mu mukino wa 3 wa kamarampaka (playoffs) muri kimwe cya kabiri k’irangiza. Uyu mukino warangiye Patriotes Basketball Club itsinze amanota 65 kuri 59 y’APR Basketball Club. Iyi yabaye intsinzi ya kabiri ya Patriotes ku ntsinzi imwe y’APR nyuma y’imikino 3 imaze kubahuza kuri iyi ntera yo gutanguranwa imikino 3 muri 5 iteganyijwe muri kimwe cya kabiri k’irangiza. Umukino wa kane w’uru rugamba uteganyijwe ku wa gatanu tariki 27 Kamena 2025 guhera i saa moya z’umugoroba. Patriotes Basketball Club nitsinda uyu mukino wo ku wa gatanu izaba ibonye uburenganzira kwo gukina imikino ya nyuma ya playoff na ho APR Basketball club niramuka itsinze bi...
REG Basketball Club yabonye itike yo gukina imikino ya nyuma muri playoffs

REG Basketball Club yabonye itike yo gukina imikino ya nyuma muri playoffs

Imikino
Ku wa gatatu tariki 25 Kamena 2025 ikipe ya REG Basketball Club yatsinze United Generation Basketball Club (UGB) mu mukino wa gatatu wabahuje muri kimwe cya kabiri k’irangiza mu mikino ya kamarampaka (playoffs). Uyu mukino wabereye mu nzu y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena i Remera warangiye REG Basketball Club itsinze UGB amanota 89 kuri 81. Byatumye imikino ya kimwe cya kabiri hagati y’aya makipe abiri ihita ihagararira aho kuko REG Basketball Club yari imaze gutsinda imikino itatu yikurikiranya. Olivier Shyaka, Thomas Cleverland, Jean Jacques Boissy na bagenzi babo ba REG Basketball Club bahise bibonera itike y’imikino ya final muri uru rugamba rwa playoffs bakaba bategereje ikipe bazahura izaturuka hagati ya APR Basketball club na Patriots Basketball Club. Muri iyi mikino y...
BAL 2025: Al Ahly Tripoli yegukanye igikombe

BAL 2025: Al Ahly Tripoli yegukanye igikombe

Imikino
Irushanwa ngarukamwaka rya Basketball Africa League BAL 2025 ryarangiye ku wa gatandatu tariki 14 Kamena 2025 risiga ikipe ya Al Ahly Tripoli yo muri Libiya ari yo itwaye iki gikombe cyari gikiniwe ku nshuro ya gatanu. Muri iri rushanwa ryari rimaze iminsi ribera mu mujyi wa Pretoria muri Afurika y’Epfo, mu mukino wa nyuma Al Ahly Tripoli yatsinze Petro de Luanda yo muri Angola amanota 88 kuri 67. Al Ahly yaratunguranye muri iri rshanwa kuko yari iryitabiriye ku nshuro ya mbere. Umukinnyi wayo Jean Jacques Boissy ukomoka muri Senegali akaba asanzwe akinira ikipe ya REG Basketball Club yo mu Rwanda ni we watowe nk’umukinnyi w’irushanwa (MVP). Indi kipe yitwaye neza mu buryo benshi batatekerezaga ni APR Basketball Club yegukanye umwanya wa gatatu ku wa gatanu tariki 13 Kamena 2...
BAL 2025: APR Basketball Club yasezerewe muri kimwe cya kabiri k’irangiza

BAL 2025: APR Basketball Club yasezerewe muri kimwe cya kabiri k’irangiza

Imikino
Ikipe yari ihagarariye u Rwanda mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL 2025) APR Basketball Club yatsinzwe na Al Ahly Tripoli yo muri Libiya ku ntera ya kimwe cya kabiri k’irangiza mu mikino ya Kamarampaka irimo kubera mu mujyi wa Pretoria muri Afurika y’Epfo. Uyu mukino wabaye ku wa gatatu tariki 11 Kamena 2025 warangiye Al Ahly Tripoli irushize APR Basketball Club ku buryo budasubirwaho kuko yayitsinze amanota 84 kuri 71. Ikipe y’abasirikare b’u Rwanda nyamara yari yatangiye umukino neza ariko mu gace ka gatatu ibintu byahinduye isura, ibyari byagezweho na Youssoupha Ndoye, Aliou Diarra, Chasson Randle, Anunwa Omot, Ntore Habimana, Obadiah Noel na bagenzi babo biburizwamo n’ubuhanga bw’abasore b’intyoza ba Al Ahly Tripoli barimo Jaylen Adams, Fabian White, Caleb Agada, Ass...
BAL 2025: APR Basketball Club yabonye itike ya ½

BAL 2025: APR Basketball Club yabonye itike ya ½

Imikino
Mu mikino ya kamarampaka (playoffs) y’irushanwa rya Basketball Africa League (BAL 2025) irimo kubera mu nzu y’imikino ya Sun Bet Arena mu mujyi wa Pretoria muri Afurika y’Epfo ikipe ya APR Basketball Club ihagarariye u Rwanda yatsindiye kujya muri kimwe cya kabiri k’irangiza. Ni mu mukino wa kimwe cya kane k’irangiza wahuje ikipe y’ingabo z’u Rwanda na Rivers Hoopers yo muri Nijeriya ku wa mbere tariki 9 Kamena 2025. Uyu mukino warangiye APR Basletball Club irushije ku buryo budasubirwaho Rivers Hoopers kuko yayitsinze amanota 104 kuri 73. Iki kinyuranyo kinini hagati cy’amanota y’aya makipe abiri cyaturutse ku buhanga bwagaragajwe n’abakinnyi hafi ya bose APR Basketball Club yifashihije barimo Aliou Diarra, Youssoupha Ndoye, Nuni Amot, Ntore Habimana n’abandi. Mu wundi mukin...
Bafashe umunota wo kuzirikana umunyabigwi bazi ko yapfuye

Bafashe umunota wo kuzirikana umunyabigwi bazi ko yapfuye

Imikino
Mu cyumweru gishize mu ikipe y’umupira w’amaguru yo muri Bulgariya yitwa Arda Kardzhali basabye ko hafatwa umunota wo guceceka bakazirikana uwahoze ari umukinnyi wabo Petko Ganchev bibwira ko yitabye Imana nyamara amakuru bari bafite ntabwo impamo. Mbere y’umukino wa shampiyona yo mu kiciro cya mbere muri Bulgariya wahuje Arda Kardzhali na Levski Sofia hafashwe uwo munota ngo bahe icyubahiro uwo mukinnyi wakanyujijejo, gusa byaje kumenyekana ko uwo mugabo yari agihumeka umwuka w’abazima. Petko Ganchev yatunguwe no kumva bamubika kuri sitade ndetse abakinnyi bagakora uruziga ngo bamwibuke kandi we adataka n’igicurane. Nyuma yo kubona inkuru y’urupfu rwe kuri televiziyo agatungurwa bikomeye yasubiye mu rugo asanga umugore we yashenguwe n’agahinda kuko na we iyo nkuru yari yamaze ku...
Amavubi yanganyije na Lesotho, ikizere cyo kujya mu Gikombe k’Isi cyongera kugabanuka

Amavubi yanganyije na Lesotho, ikizere cyo kujya mu Gikombe k’Isi cyongera kugabanuka

Imikino
Mu mikino y’amajonjora yo gushaka itike yo kwerekeza mu Gikombe k’Isi cy’umupira w’amaguru mu mwaka wa 2026, u Rwanda rwahuye na Lesotho kuri Stade Amahoro i Remera ku wa kabiri Tarik 25 Werurwe 2025.   Ni umukino w’umunsi wa 6 ari na wo wa mbere mu mikino yo kwishyura muri itsinda rya 3 ry’aya majonjora ku mugabane w’Afurika. Ni umukino wabaye nyuma gato y’uko Amavubi y’u Rwanda yari yaratsindiwe mu rugo n’ikipe y’igihugu ya Nijeriya ibitego 2 ku busa. Uyu mukino w’Amavubi y’u Rwanda n’Ingona za Lesotho wari umwanya umutoza mushya w’u Rwanda Adel Amrouche yari abonye wo kugaragaza ubushobozi bwe nyuma yo gutangira nabi. Gusa ntabwo byamworoheye kuko yaguye miswi na Lesotho banganya igitego kimwe kuri kimwe. U Rwanda ni rwo rwabanje gutsinda ku gitego kinjijwe na na Jojea...
Abakeba baguye miswi, Rayon Sport ikomeza kuyobora urutonde

Abakeba baguye miswi, Rayon Sport ikomeza kuyobora urutonde

Imikino
Ku cyumweru tariki ya 9 Werurwe 2025 ikipe y’APR FC yanganyije na Rayon Sport ubusa ku busa mu mukino w’umunsi wa 20 wa shampiyona y’umupira w’amaguru mu kiciro cya mbere mu Rwanda wabereye kuri Sitade Amahoro i Remera. Mu kibuga uyu mukino wari uri ku rwego ruringaniye kuko abakinnyi batashoboye gutera mu izamu uko byari byitezwe. Mu maso y’abasesengura umupira w’amaguru mu Rwanda, uyu mukino wa derby hagati y’abakeba usigaye urangwa no gucungacungana, hakabaho kwigengesera ngo hatagira ibanza indi igitego. Ibi bigaragazwa n’uko akenshi APR FC na Rayon Sport zikunda kunganya cyane mu mikino nyamara yabaga yakabirijwe. Imikino y’umunsi wa 20 yazanywe mbere y’igihe kuko yari iteganyijwe mu minsi ya nyuma ya shampiyona. Uko indi mikino y’uyu munsi yagenze: Ku wa gatanu tariki...