Thursday, April 25
Shadow

Imikino

APR Basketball Club atsinze REG Basketball Club yigarurira ikizere

APR Basketball Club atsinze REG Basketball Club yigarurira ikizere

Imikino
Ku wa gatanu tariki ya 29 Werurwe 2024 mu nzu y’imikino ya Lycée de Kigali mu Rugunga habereye umukino ukomeye wa shampiyona ya Basketball mu kiciro cya mbere mu Rwanda wahuje APR Basketball Club na REG Basketball Club. Muri uyu mukino watangiye i saa mbiri n’igice z’ijoro, ikipe y’APR Basketball Club yari ifite impungenge kuko yari imaze icyumweru ikubiswe n’undi mukeba wayo Patriotes Basketball Club amanota 73 kuri 59. Kuri iyi nshuro ariko n’ubwo bitoroheye Jean Jacques Wilson Nshobozwabyosenumukiza, Zion Styles Adonis Filer na bagenzi babo b’APR Basketball Club, byarangiye iyi kipe y’abasirikare b’u Rwanda itsinze ikipe y’Ikigo Gishinzwe Ingufu mu Rwanda amanota 78 kuri 75. Nyuma y’uyu mukino, imitima ya benshi mu bakunzi b’APR Basketball Club yatangiye gutuza, babona ko ...
Dani Alves agiye kurekurwa atanze ingwate

Dani Alves agiye kurekurwa atanze ingwate

Imikino
Urukiko rw’ubujurire rwa Barcelone ku wa gatatu tariki 20 Werurwe 2024 rwanzuye ko umukinnyi w’umupira w’amaguru w’Umunyaburezili Dani Alves arekurwa by’agateganyo atanze ingwate y’amaero miliyoni imwe. Uyu mugabo w’imyaka 40 yari yarakatiwe igihano cyo gufungwa imyaka ine n’amezi atandatu nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gusambanya umukobwa w’imyaka 23 yakoze mu kwezi k’Ukuboza 2022 mu bwiherero bw’akabyiniro gaherereye mu mujyi wa Barcelone muri Espagne. Dani alves yemeye ibyo urukiko rwamutegetse birimo kuzajya yitaba rimwe mu cyumweru ndetse na pasiporo ze ebyiri (iya Espanye n’iya Burezili)  zigafatirwa. Yavuze ati “Nemera kandi nizera ubutabera, nimfungurwa by’agateganyo ntabwo nzatoroka”. Uyu mukinnyi wamamaye nka myugariro w’iburyo mu ikipe ya FC Barcelone yo muri Espanye nd...
BAL 2024: FUS Rabat yarangije ku mwanya wa mbere mu itsinda rya Kalahari

BAL 2024: FUS Rabat yarangije ku mwanya wa mbere mu itsinda rya Kalahari

Imikino
Ikipe ya Faith Union Sports (FUS) Rabat yo muri Maroke yaje ku isonga mu itsinda rya Kalahari (Kalahari Conference) mu irushanwa rya Basketball Africa League ry’uyu mwaka. Muri iyi mikino yaberaga muri Sunbet Arena mu mujyi wa Pretoria muri Afurika y’Epfo, FUS Rabat yatahanye umwanya wa mbere nyuma yo gutsinda Cape Town Tigers yo muri Afurika y’Epfo amanota 84 kuri 75 mu mukino usoza wabaye ku cyumweru tariki 17 Werurwe 2024. Uyu wari umukino wa 3 FUS yari itsinze nyuma yo gutsinda umukino umwe wayihuje na Petro de Luanda yo muri Angola ndetse n’umukino ubanza wari warayihuje na Cape Town Tigers. Ku mwanya wa kabiri haje Patro de Luanda yatsinze imikino ibiri itsindwa indi ibiri naho Cape Town Tigers iza ku mwanya wa 3 nyuma yo gutsinda umukino umwe igatsindwa imikino 3. Muri ...
Amavubi yerekeje muri Madagascar

Amavubi yerekeje muri Madagascar

Imikino
Mu ijoro ryo ku itariki 17 rishyira kuri 18 Werurwe 2024 ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’umupira w’amaguru yahagurutse i Kigali yerekeza Antananarivo muri Madagascar. Abakinnyi 19 ni bo bafashe indege bagiye gukina imikino ibiri ya gicuti yo kwipima. Abandi bakinnyi batandatu bazabasanga muri Madagascar. Ku wa gatanu tariki 22 Werurwe 2024 Amavubi y’umutoza Frank Stippler azahura n’ikipe y’igihugu ya Botswana na ho ku wa mbere tariki ya 25 Werurwe 2024 u Rwanda rukazahura na Madagascar. Iyi mikino ibiri ya gicuti yo kwipima izafasha ikipe y’igihugu y’u Rwanda kwitegura imikino y’umunsi wa 3 n’uwa 4 mu majonjora yo mu itsinda rya 3 muri Afurika mu rugendo rwo gushakisha itike yo kwerekeza mu gikombe k’isi cya 2026. Hagati y’itariki ya 3 n’iya 11 Kamena 2024, u Rwanda ruzahura na Beni...
Gisagara Volleyball Club yatewe mpaga

Gisagara Volleyball Club yatewe mpaga

Imikino
Ku wa gatandatu tariki 16 Werurwe 2024 ikipe ya Gisagara Volleyball Club y’akarere ka Gisagara yakubiswe mpaga mu mukino w’umunsi wa 5 wa shampiyona y’ikiciro cya mbere wagombaga kuyihuza na Rwanda Energy Group Volleyball Club. Muri uyu mukino wagombaga kubera mu nzu y’imikino y’ishuri ryitiriwe Mariya Umubyeyi w’Abamalayika (Notre Dame des Anges) i Remera ikipe ya REG Volleyball Club yahise yibonera intsinzi y’amaseti atatu ku busa (25-0, 25-0, 25-0) nyuma y’uko Gisagara Volleyball Club ihanishijwe mpaga kuko itigeze igera ku kibuga. Intandaro yo kutaza gukina ni uko iyi kipe y’akarere ka Gisagara yari ifite abakinnyi bakeya; abenshi mu b’ingenzi isanzwe ishingiyeho ngo ntabwo bari bahari kubera impamvu zinyuranye. Umwe mu basesenguzi ba volleyball umunyamakuru Amon Nuwamanya...
BAL 2024: Gusezererwa kwa Dynamo Basketball Club byongereye amahirwe ya playoffs ku yandi makipe

BAL 2024: Gusezererwa kwa Dynamo Basketball Club byongereye amahirwe ya playoffs ku yandi makipe

Imikino
Mu itsinda rya Kalahari ry’irushanwa rya Basketball Africa League 2024, ikipe ya Dynamo Basketball Club yo mu Burundi yakuwemo bitewe n’uko yanze kubahiriza amategeko y’urushanwa. Gukurwamo kwayo ni ibyago bya bamwe bikaba inyungu ku bandi kuko hari amahirwe yo gukina kamarampaka yiyongereye ku rugero runaka ku makipe yo mu matsinda ataratangira gukina. Mu mikino irimo kubera muri Sunbet Arena mu mujyi wa Pretoria muri Afurika y’Epfo Dynamo Basketball Club yanze gukina yambaye imyenda yanditseho umuterankunga w’imena wa BAL ari we Visit Rwanda. Mu mukino wayihuje na Cape Town Tigers yo muri Afurika y’Epfo ku wa gatandatu tariki 9 Werurwe 2024 abakinnyi b’iyi kipe bakinnye bapfutse amagambo ya Visit Rwanda yari yanditse ku nda ku masengeri yabo. Muri uwo mukino Dynamo Basketball Club...
APR Basketball Club yasoje urugendo yagiriraga muri Qatar

APR Basketball Club yasoje urugendo yagiriraga muri Qatar

Imikino
Mu rwego rwo kurushaho kwitegura irushanwa rya Basketball Africa League 2024, ikipe y’APR Basketball Club yagiriye muri Qatar uruzinduko rw’umwiherero rwamaze iminsi 10. Iyi kipe yakoze imyitozo ndetse iboneraho gukina imikino 5 ya gicuti yo kwipima. Iyo mikino yayihuje n’amakipe atanu yo muri Qatar. APR Basketball Clu yatsinze iyi mikino yose uko ari itanu mu buryo bukurikira: Tariki ya 23 Gashyantare 2024: APR Basketball Club – Al Wakram 108 – 80                                              Tariki ya 24 Gashyantare 2024: APR Basketball Club – Al Rayyan 84 – 77                                                  Tariki ya 25 Gashyantare 2024: APR Basketball Club  - Al Wakram 110 – 77                                              Tariki ya 27 Gashyantare 2024: APR Basketball Club – A...
APR Basketball Club yatsinze umukino wa mbere wa gicuti muri Qatar

APR Basketball Club yatsinze umukino wa mbere wa gicuti muri Qatar

Imikino
Ikipe ya APR Basketball Club imaze iminsi ine muri Qatar aho yagiye gukomereza umwiherero wo kwitegura Basketball Africa League 2024 yaraye itsinze umukino wayo wa mbere wayihuje na Al Wakram yo muri icyo gihugu. Muri uyu mukino ikipe y’abasirikare b’u Rwanda yagaragaje ingufu nyinshi urangira itsinze Al Wakram amanota 108 kuri 80. Umukinnyi mushya uri mu bo APR Basketball Club iherutse gusinyisha ari we Dario Nathan Henry Hunt ari mu bagaragaje urwego rwo hejuru. Batanu babanje mu kibuga ku ruhande rw’APR Basketball Club ni Michael Dixon, Jean Jacques Wilson Nshobozwabyosenumukiza, Adonis Filer, Bush Wamukota na Dario Nathan Henry Hunt. APR Basketball Club isigaje gukina indi mikino ine ya gicuti mu rwego rwo kwipima. Kuri uyu wa gatanu irahura na Al Rayyan, ku cyumweru ikazonge...
Tour du Rwanda 2024: Areruya Joseph yabaye uwa nyuma mu ntera ya 5

Tour du Rwanda 2024: Areruya Joseph yabaye uwa nyuma mu ntera ya 5

Imikino
Mu isiganwa ry’amagare Tour du Rwanda 2024, umukinnyi y’Umunyarwanda Joseph Areruya ukinira ikipe ya Java Inovotec Pro Team yo mu Rwanda yaherukiye abandi mu gace ka gatanu ka Musanze – Kinigi ku wa kane tariki ya 22 Gashyantare 2024. Muri aka gace ko gusiganwa buri wese ku giti cye aharanira gukoresha ibihe byiza bishoboka (Individual time trial = Course contre la montre individuelle) kareshyaga n’ibilometero 13, Areruya yaragaritswe kuko yisanze ku mwanya wa 75 ari na wo wa nyuma akoresha iminota 29 amasegonda 7 n’ibyijana 23. Ibi bisobanuye ko yarushijwe n’uwabaye uwa mbere muri akagace ari we Pierre Latour Umufaransa ukinira Total Energies iminota 5 amasegonda 35 n’ibyijana 44. Uku gukomeza kwitwara nabi muri iri siganwa byatumye Areruya yisanga ku mwanya wa 74 ari na wo ...
APR Basketball Club igiye kumara iminsi 10 muri Qatar

APR Basketball Club igiye kumara iminsi 10 muri Qatar

Imikino
Ku wa mbere ku itariki ya 19 Gashyantare 2024, ikipe y’APR Basketball Club izerekeza muri Qatar mu rwego rwo gukomeza kwitegura irushanwa rya Basketball Africa League (BAL 2024). Iyi kipe y’abasirikare b’u Rwanda irateganya kumara iminsi 10 muri icyo gihugu aho izakina imikino 5 ya gicuti mu rwego rwo kwipima. APR Basketball Club imaze iminsi yarongeyemo amaraso mashya harimo abanyamahanga bafite ubwenegihugu bwa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika aribo Zion Styles, Michael Dixon na Dario Nathan Henry Hunt. Aba baza biyongera ku bandi bakinnyi beza iyi kipe isanganwe nka Adonis Filer na Jean Jacques Wilson Nshobozwabyosenumukiza. Umunyamabanga mukuru w’ikipe y’APR Basketball Club Eric Kalisa Salongo yatangarije Mukerarugendo.rw ko intego bihaye ari ukugera ku mukino wa nyuma (finale) wa...