Wednesday, May 14
Shadow

Author: MUKERARUGENDO Admin

Umubiligi Aldo Taillieu ni we watsinze agace k’umusogongero ka Tour du Rwanda 2025.

Umubiligi Aldo Taillieu ni we watsinze agace k’umusogongero ka Tour du Rwanda 2025.

Imikino
Ku cyumweru tariki 23 Gashyantare 2025 mu Rwanda hatangiye isiganwa ry’amagare ngarukamwaka Tour du Rwanda. Abakinnyi 69 ni bo batangiye urugamba rwo guhatanira ikamba ry’iri siganwa mpuzamahanga rizenguruka igihugu ry’uyu mwaka wa 2025. Abasiganwa batangiriye ku gace k’umusogongero, aho buri wese anyonga yizizira, bakarushanwa gukoresha igihe gitoya gishoboka, ari byo bita Individual Time Trial cyangwa Course Contre la Montre Individuelle. I saa tanu n’iminota 30 ni bwo umukinnyi wa mbere yari akandagije ikirenge ke ku kirenge k’igare mu muhango ufungura wayobowe na Perezida w’u Rwanda Paul Kagame. Urugendo rwari ruteganyijwe ni urwo kuzenguruka ibice bitandukanye bituranye na Stade Amahoro i Remera ari byo BK Arena, bakerekeza ku kigo kigenzura ibinyabiziga i Remera, baka...
Urupfu rw’imbwa yigeze gukiza Barack Obama rwashenguye benshi

Urupfu rw’imbwa yigeze gukiza Barack Obama rwashenguye benshi

Ayandi, Ibyiza nyaburanga
Muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika harimo kuvugwa urupfu rw’imbwa yitwaga Hurricane yifashishwaga mu kurinda umutekano. Iyi mbwa yapfuye mu cyumweru gishize ku myaka 16, ifatwa nk’intwari ikomeye kuko yigeze gukiza ubuzima bw’uwahoze ari Perezida w’iki gihugu Barack Obama mu mwaka wa 2014. Icyo gihe umuntu utazwi ruriye igipangu yinjira muri White House ashaka kumugirira nabi. Ubwo uwo muntu yari ageze muri metero 100 z’aho Obama yari yicaye we n’umugore we barimo kureba filimi, imwe mu mbwa zarindaga umutekano yitwaga Jordan yahise imusatira ariko arayikubita ayisubiza inyuma. Hurricane, ifatwa nk’imbwa y’intwari, yahise isimbukira uwo mugabo wari witwaje intwaro, na yo agerageza kuyikubita ariko imubera ibamba. Uwo mugabo n’imbwa Hurricane bakomeje guhangana kugeza ubwo abapolisi...
APR Basketball Club ifite imigambi mishya mbere yo kwitabira irushanwa rya BAL

APR Basketball Club ifite imigambi mishya mbere yo kwitabira irushanwa rya BAL

Imikino
Nyuma yo kutitwara neza mu irushanwa rya Basketball Africa League ry’umwaka wa 2024, ikipe y’abasirikare b’u Rwanda APR Basketball Club irateganya gukora impinduka mu myiteguro y’iri rushanwa izongera guserukamo uyu mwaka wa 2025. Muri BAL y’umwaka ushize, APR Basketball Club yasezerewe mu kiciro k’itsinda rya Sahara, irangiza ku mwanya wa 4 ari na wo wa nyuma. Andi makipe atatu yari muri iri tsinda ryakiniraga i Dakar muri Senegali ni Rivers Hoopers yo muri Nijeriya, AS Douanes yo muri Senegali na US Monastir yo muri Tuniziya. Uwo musaruro nkene w’ikipe y’abasirikare b’u Rwanda ni wo watumye idashobora kwitabira imikino ya kamarampaka yabereye mu nzu y’imikino ya BK Arena i Kigali mu Rwanda. APR Basketball Club nyuma yo kwegukana igikombe cya shampiyona cy’uyu mwaka, igiye ko...
U Rwanda na Turkiye bagiye kurushaho gufatanya mu birebana n’ubukerarugendo

U Rwanda na Turkiye bagiye kurushaho gufatanya mu birebana n’ubukerarugendo

Ayandi, Ibyiza nyaburanga
Ku wa gatatu w’iki cyumweru ku itariki 19 Gashyantare 2025 Ikigo k’Igihugu Gishinzwe Iterambere RDB cyakiriye intumwa zari ziturutse muri Turkiye mu rwego rwo kurushaho gushimangira ubufatanye mu nzego zinyuranye zirimo ubukerarugendo n’ubucuruzi. Izi ntumwa zari ziyobowe na Rahman Nurdun Umuyobozi Wungirije w’Ikigo cya Turkiye Gishinzwe Ubutwererane Turkish Cooperation and Coordination Agency (TIKA). Muri izi ntumwa harimo kandi Ambasaderi wa Turkiye mu Rwanda Aslan Alper Yuksel. Ku ruhande rw’urwego RDB Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Ubukerarugendo Irène Murerwa ni we wakiriye abo bashyitsi. Mu biganiro bagiranye, harimo ko hagiye kongerwa imbaraga mu ishoramari ryibanda ku mishinga ifite aho ihuriye n’ubucuruzi muri rusange n’ubukerarugendo by’umwihariko. Gentil KABEHO &nb...
Ingaruka zo guhindura amazina y’amakipe y’umupira w’amaguru mu Rwanda

Ingaruka zo guhindura amazina y’amakipe y’umupira w’amaguru mu Rwanda

Imikino
Nyuma y’impinduka za politiki mu Rwanda zabaye guhera mu kwezi kwa karindwi k’umwaka wa 1994, hari inzego z’ahantu zagiye zihindura amazina. Mu mupira w’amaguru na ho iyo nkundura yarahageze , amwe mu makipe ahabwa amazina mashya. Gusa kubatizwa bwa kabiri byagiye bizana ingaruka mbi muri ayo makipe. Umusesenguzi Ephrem Nsengumuremyi akaba asanzwe ari umuyobozi w’ikinyamakuru Ingenzi Nyayo avuga ko amakipe nka Flash FC, Zebres FC na Mukungwa Sports yatakaje abakunzi benshi nyuma yo guhindura amazina yayo ya kera agafata amazina mashya ari yo AS Muhanga, Gicumbi FC na Musanze FC. Asobanura ko abenshi muri abo bakunzi batibonaga muri izo nyito nshya. Ephrem Nsengumuremyi yongeraho ko n’urwego rw’imikinire rwasubiye hasi nyuma y’izo mpinduka avuga ko zitari ngombwa. Abakurikirani...
Umutwe wa AFC/M23 umaze gukusanya imbunda 150 zari zifitwe n’abaturage

Umutwe wa AFC/M23 umaze gukusanya imbunda 150 zari zifitwe n’abaturage

Ayandi
Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo ryerekanye imbunda 150 zari zifitwe n’abaturage. Nyuma y’uko aba barwanyi bafashe imijyi ibiri ikomeye yo mu Ntara za Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo ari yo Goma na Bukavu, abasirikare bo ku ruhande rwa Leta hamwe n’abo mu mitwe inyuranye bafatanyije bahunze urugamba basiga imbunda zinyanyagiye hirya no hino mu baturage. Ku wa kane tariki ya 20 Gashyantare 2025 mu mujyi wa Bukavu habaye igikorwa cyo gukusanya izo mbunda hegeranywa izigera ku 150 ziganjemo izo mu bwoko bwa AK47. Icyo gikorwa cyari muri gahunda yiswe ‘Salongo’ cyo gusukura umujyi wa Bukavu hibandwa cyane ku gushakisha intwaro zikiri mu baturage. Umuvugizi wa AFC/23 Lawrence Kanyuka ku itariki 21 Gashyantare 2021 yeretse itan...
Ku myaka 90 Nana Mouskouri aracyari injege

Ku myaka 90 Nana Mouskouri aracyari injege

Imyidagaduro
Umuririmbyikazi wo mu Bugereki Nana Mouskouri aravuga ko ari hafi guhagarika muzika ye ku myaka 90 y’amavuko, ngo kuko n’ubwo agikomeye bwose asanga ibyo yakoze bihagije. Uyu muhanzikazi wamamaye cyane mu ndirimbo zigenda buhoro (slow music) amaze gushyira hanze indi album ikubiyemo indirimbo afata nk’iziruta izindi zose yahimbye mu rwego rwo gusezera neza ku bafana be. Nana Mouskouri yahimbye indirimbo zirenga 1,500 mu ndimi 10. Yagurishije kopi zigera kuri miliyoni 400 za album z’indirimbo ze. Abenshi n’ubu barakishimira indirimbo ze zituje mu ijwi riyunguruye. Muri zo twavuga “Je chante avec toi liberté”, “Le toi de ma maison”, “Adieu Angéline”, “Parle-moi” n’izindi. Nana Mouskouri wizihiza isabukuru y’amavuko ku itariki 13 Ukwakira aherutse gutangaza ko akiyumvamo imbaraga ar...
Diego Forlan wakanyujijeho muri ruhago asigaye akina tennis nk’uwabigize umwuga

Diego Forlan wakanyujijeho muri ruhago asigaye akina tennis nk’uwabigize umwuga

Imikino
Umugabo wo mu gihugu cya Uruguay Diego Forlan wabaye umukinnyi w’umupira w’amaguru ku rwego mpuzamahanga, nyuma yo guhagarika gukina uwo mukino mu mwaka wa 2019 asigaye yarihebeye tennis aho akina nk’uwabigize umwuga. Ku myaka 45 y’amavuko Diego Forlan agiye kwitabira irushanwa rya tennis ryitwa Uruguay Open aho azaseruka mu kiciro cy’abakina ari babiri babiri akazafatanya na Federico Coria wo muri Argentine uri ku mwanya wa 101 ku rutonde rw’abakinnyi bahagaze neza muri tennis ku isi muri iki gihe. Muri iri rushanwa riri mu marushanwa akomeye yo ku rwego rukurikira urwa mbere ku isi yose riteganyijwe kuva ku itariki ya 11 kugeza ku ya 17 Ugushyingo 2024, Forlan afite ikizere ko we na mugenzi we bazitwara neza bakegukana umwanya ushimishije. Umwaka ushize Diego Forlan yatangaje ko n...
Umuntu umwe amaze guhitanwa n’imigati ya Mc Donald’s.

Umuntu umwe amaze guhitanwa n’imigati ya Mc Donald’s.

Ayandi
Mu mpera z’icyumweru gishize inkuru yabaye kimomo ko hari abantu barenga 70 bagize ikibazo cy’uburwayi batewe no kurya imigati baguze mu mangazini y’isosiyete icuruza ibiribwa yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika Mc Donald’s. Ibiro Ntaramakuru by’Ubufaransa AFP bitangaza ko nyuma yo kurya za ‘hamburgers’ za Mc Donald’s, abantu 75 bahise barwara , 22 muri bo ndetse bajyanwa mu bitaro. Umwe yahasize ubuzima azira hamburgers zihumanye. Ishami Rishinzwe Kugenzura Ibiribwa muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ritangaza ko intandaro y’ihumana ry’izo hamburgers za Mc Donald’s ari ubutunguru bwifashishijwe mu kuzikora. Mu gihe iperereza rigikomeje hafashwe icyemezo cyo guhagarika ubwo butunguru Mc Donald’s yari isanzwe igemurirwa n’ikigo cy’ubuhinzi kitwa Taylor Farms. Ikindi kandi hamburgers...
Abana ba P.Diddy bavuga ko bazamugwa inyuma mu bibazo arimo

Abana ba P.Diddy bavuga ko bazamugwa inyuma mu bibazo arimo

Imyidagaduro
Nyuma y’igihe kirenga ukwezi umuhanzi w’icyamamamre Sean John Combs uzwi nka Puff Daddy cyangwa P.Diddy atawe muri yombi, abana be bavuga ko bamuri inyuma mu bigeragezo arimo kunyuramo kandi ko bazamurwanirira kugeza ku ndunduro. Uyu muririmbyi w’Umunyamerika uzwi cyane mu njyana ya rap yafashwe ku itariki ya 16 Nzeri 2024 ajya gufungirwa muri gereza ya Metropolitan Detention Center ya Brooklyn mu mujyi wa New York. Akurikiranyeho ibyaha bifitanye isano n’ihohotera rishingiye ku gitsina. Ku itariki ya 22 Ukwakira 2024 abana 6 muri 7 ba P.Diddy banditse ubutumwa kuri rukuta rwa instagram rw’umukuru muri bo Quincy Taylor Brown w’imyaka 33. Muri ubu butumwa buherekejwe n’ifoto yabo baragira bati “umubyeyi wacu arimo arazira akagambane, twebwe duhagaze ku kuri kandi twemera ko kuzatsind...