
Ku munsi mpuzamahanga w’ababyeyi, AWF yatanze ubutumwa bw’umwihariko
Ku itariki ya 11 Gicurasi 2025 ubwo isi yose yizihizaga umunsi wahariwe ababyeyi b’igitsina gore (Mother’s Day), umushinga Ubungabunga Ibinyabuzima muri Afurika African Wildlife Foundation (AWF) wageneye abantu ubutumwa bwihariye.
Ubwo butumwa AWF yanyujije ku rukuta rwayo rwa X bushima ubwitange bw’ababyeyi b’abantu ndetse n’ab’inyamaswa kuko bose muri rusange barangwa n’impuhwe n’urukundo ku bana babo. Ubu butumwa buragira buti “Twubaha cyane imbaraga, urukundo n’ubudacogora biranga ababyeyi b’abantu ndetse n’ababyeyi b’inyamaswa”.
AWF ikomeza itanga urugero rw’ubutwari bw’inzovu z’ingore zitangira abana bazo bukagereranywa n’ubw’ababyeyi b’abantu b’igitsina gore bahoza umutima wabo ku bana babo, imiryango yabo ndetse n’urusobe rw’ibinyabuzima. Abo bose bafatwa nk’abafite umuha...