Monday, October 28
Shadow

Ayandi

Siporo yo kwiruka ku maguru yaba ituma amabere agwa

Siporo yo kwiruka ku maguru yaba ituma amabere agwa

Ayandi
Umwe mu baganga b’inzobere mu miterere y’umubiri w’umuntu akaba n’impuguke mu kubaga abantu bifuza ubwiza (chirurgie plastique) yemeza ko n’ubwo siporo yo kwiruka ku maguru ifitiye akamaro kanini umubiri w’umuntu, ngo nta byera ngo de kuko hari ibyo ishobora kwangiza ku mubiri w’abantu b’igitsina gore. Uyu muganga w’Umufaransa Oren Marco avuga ko ingaruka nyamukuru yo kwirukanka abagore n’abakobwa bahura na yo ari ukugwa kw’amabere. Asobanura ko uko umuntu agenda akubita ibirenge ku butaka mu gihe aba arimo yiruka ari na ko bimwe mu bice by’umubiri bigenda biva mu mwanya wabyo. Yongeraho ko uretse n’amabere, amabuno n’amatama by’umukobwa cyangwa umugore ukunda gukora jogging na byo birushaho kumanuka bijya hasi. Gusa kubera ko ibyiza byo gukora iyo siporo ari byo byinshi kuruta i...
Yishwe ku munsi w’isabukuru ye

Yishwe ku munsi w’isabukuru ye

Ayandi
Mu gace ka Oise mu majyaruguru y’u Bufaransa umusaza yishwe urw’agashyinyaguro ku munsi yizihizagaho isabukuru y’imyaka 77 y’amavuko. Abaturanyi b’uyu musaza Jean Louis Gaillet wishwe ku wa gatandatu mu gitondo yicishijwe urukero rutema ibiti bari mu gahinda gakomeye kuko yari umuntu w’inyangamugayo ushimwa na benshi. Umuntu ukekwaho gukora ayo marorerwa yatumijwe n’inzego z’umutekano kuko basanze amaraso ku myenda ye. Ni umugabo uri mu kigero k’imyaka 30 wari umaze iminsi afite ibibazo byo mu mutwe ndetse yigeze kumara igihe mu bitaro avurwa ubwo burwayi. Ataruhanyije yiyemereye ko ari we wishe umusaza Jean Louis Gaillet amukase ijosi. Gentil KABEHO  
GGGI Rwanda yazanye imashini zishyirwamo uducupa twakoreshejwe zikanahemba abatuzanye.

GGGI Rwanda yazanye imashini zishyirwamo uducupa twakoreshejwe zikanahemba abatuzanye.

Ayandi
Ikigo k’Iterambere Ritoshye (Global Green Growth Institute) ishami ry’u Rwanda ryamaze gutangiza uburyo bugezweho bwo gukusanya imyanda y’uducupa n’udukombe twamaze gukoreshwa. Ubwo buryo bw’ikoranabuhanga bugizwe n’imashini zakira iyo myanda yo muri icyo kiciro kugira ngo izabyazwemo ibindi bikoresho ndetse by’akarusho zigenera ishimwe abazanye utwo ducupa. Izo mashini zizwi nka Reverse Vending Machine (RVM) zashyizweho muri gahunda y’umushinga wa Minisiteri y’Ibidukikije mu Rwanda ushyirwa mu bikorwa na Global Green Growth Institute Rwanda ku nkunga ya Leta ya Luxemburg. Uwo mushinga ugamije kubyaza imyanda umusaruro no kuyicunga mu buryo bunoze. Izi mashini zashyizwe ahantu hane mu mujyi wa Kigali hakunda kuba hari urujya n’uruza rw’abantu no mu duce tw’ubucuruzi. Aho hantu RVM z...
Byakekwaga ko yariwe n’idubu nyuma hemezwa ko yishwe n’umugizi wa nabi.

Byakekwaga ko yariwe n’idubu nyuma hemezwa ko yishwe n’umugizi wa nabi.

Ayandi
Umunyamerika Dustin Mitchell Kjersem aherutse gusangwa yapfiriye aho yari akambitse mu ihema ry’abakerarugendo bikekwa ko yishwe n’inyamaswa y’inkazi yitwa idubu (ours) ariko mu by’ukuri itohoza ryagaragaje ko ari umuntu wamwivuganye. Hari ku itariki ya 10 Ukwakira 2024 ubwo uyu mugabo w’imyaka 35 yafashe imodoka ye yerekeza i Montana aho yari agiye gukambika nk’umukerarugendo. Agezeyo yategereje inshuti ye bagombaga kurara ijoro bari kumwe. Iyo nshuti ihageze yahasanze umurambo, umubiri we washwanyaguritse ndetse hari zimwe mu ngingo zawo zari zacitse. Icyakurikiyeho ni ugutabaza, hakekwa ko uyu nyakwigendera yaba yariwe n’idubu muri iryo shyamba. Gusa inzego z’umutekano ndetse n’umwe mu bakozi b’inzobere b’ishami rishinzwe ibikorwa by’uburobyi n’inyamaswa mu gace ka Montana bat...
Global Green Growth Week: Umunsi wa gatanu

Global Green Growth Week: Umunsi wa gatanu

Ayandi, Ibyiza nyaburanga
Ku wa gatanu tariki 18 Ukwakira 2024 wari umunsi wa gatanu ari na wo wa nyuma w’ibikorwa byo kwizihiza ku nshuro ya munani Icyumweru k’Iterambere Ritoshye (Global Green Growth Week 2024). Mukerarugendo.rw yabakurikiraniye gahunda zose uko zakabaye kuva ku ntangiro kugeza ku musozo igiye kubagezaho ibyakozwe kuri uyu munsi usoza. Korea Partnership Day Opening Uyu munsi wahariwe gusobanura gahunda y’ubufatanye bwa Repuburika ya Koreya (Korea Partnership Day) itumirwamo abahagarariye Minisiteri zitandukanye n’ibigo binyuranye byo muri iki gihugu ndetse n’abahagarariye Global Green Growth Institute hirya no hino ku isi. Muri iyi gahunda, ikiba kigamijwe ni ukurebera hamwe umusaruro uba umaze kugerwaho n’imishinga yatangijwe hirya no hino ku isi ifitanye isano n’iterambere ritoshye. ...
Urupfu rw’umunyegare wagonzwe ku bushake rukomeje gushengura benshi

Urupfu rw’umunyegare wagonzwe ku bushake rukomeje gushengura benshi

Ayandi
Ku wa kabiri tariki 15 Ukwakira 2024 mu masaha y’igicamunsi umusore w’Umufaransa Paul Varry yagonzwe ku maherere n’umushoferi w’ikamyo mu mujyi wa Paris. Uyu musore w’imyaka 27 wari utwaye igare yasonnyowe n‘umuntu wari utwaye ikamyo nyuma gato y’uko bateranye magambo mu muhanda. Intandaro y’urwo rupfu rubabaje ni uko uyu mushoferi w’ikamyo yitambitse Paul Varry amwima inzira. Hakurikiyeho kuvugana nabi bituma umushoferi w’ikamyo agira umujinya w’umuranduranduzi afata ikemezo kigayitse cyo kugonga iyo nzirakarengane y’umunyegare. Iyi nkuru y’inshamugongo yababaje benshi. Na n’ubu amatsinda atandukanye y’abantu akomeje kwishyira hamwe mu rwego rwo kunamira uyu musore wazize akarengane. By’umwihariko abanyamuryango b’ishyirahamwe ryitwa “Paris en selle” yabarizwagamo barimo kurara ...
Global Green Growth Week: Umunsi wa kane

Global Green Growth Week: Umunsi wa kane

Ayandi, Ibyiza nyaburanga
Ku wa kane tariki 17 Ukwakira 2024 gahunda z’Icyumweru cyahariwe Iterambere Ritoshye Global Green Growth Week 2024 zari zigeze ku munsi wa kane. Tugiye kubagezaho ibikorwa byabaye uyu munsi ndetse n’ibiganiro byatanzwe. By’umwihariko Global Green Growth Rwanda yagize uruhare runini mu biganiro byo kuri uyu munsi aho abayihagarariye batanze ikiganiro ku mushinga w’imicungire y’imyanda. 13th Session of the Assembly and 17th Session of the Council Ku munsi wa kane w’ibikorwa byahariwe Icyumweru k’Iterambere Ritoshye, igice kinini cy’umunsi cyahariwe inama ebyiri z’ingenzi. Habaye inama ya 13 y’Inteko Rusange ya Global Green Growth Institute ndetse n’inama ya 17 y’Inama y’Ubutegetsi y’iki kigo. The Impact of Climate Change on the Labor Market and Potential Policy Actions to Mitiga...
Yuriye inzu ngo arebe Nyakotsi bimuviramo urupfu

Yuriye inzu ngo arebe Nyakotsi bimuviramo urupfu

Ayandi
Mu ijoro ryo ku wa kabiri tariki 15 Ukwakira 2024 ahitwa Gironde mu  Bufaransa umusore w’imyaka 21 yahanutse ku gisenge k’inzu ahasiga ubuzima, ubwo yari yuriye ashaka kureba Nyakotsi. Uyu musore yari yuriye ajya hejuru y’inzu yahoze ari iy’uruganda rwa kawucu mu gace ka Barsac. Yari ari kumwe na bagenzi be babiri. Uko ari batatu bari bafite amatsiko yo kwitegereza neza Nyakotsi cyane ko idakunda kugaragara kenshi. Kuko amabati y’igisenge k’iyo nyubako yari ashaje, umwe muri abo batatu yarakandagiye araroboka hanyuma ahanuka ahantu hareshya na metero 15. Undi musore wa kane mugenzi wabo we yari yasigaye hasi atinya kurira hejuru ni we watabaje ariko abatabazi bahageze i saa munani z’ijoro uwahanutse yamaze gupfa. Gentil KABEHO
Global Green Growth Week: Umunsi wa mbere

Global Green Growth Week: Umunsi wa mbere

Ayandi, Ibyiza nyaburanga
Kuri uyu wa mbere tariki ya 14 Ukwakira 2024 i Seoul muri Koreya y’Epfo hatangiye ibikorwa byo kwizihiza Icyumweru k’Iterambere Ritoshye (Global Green Growth Week). Hatanzwe ibiganiro binyuranye ndetse abitabiriye ibi bikorwa bungurana ibitekerezo mu buryo bw’imbonankubone ndetse n’uburyo bw’iyakure. Ibi ni ibiganiro byabaye kuri gahunda y’umunsi wa mbere w’iki cyumweru kizihizwa ku nshuro ya munani.   Ijambo rifungura Mu gufungura Icyumweru k’Iterambere Ritoshye (Global Green Growth Week), Umuyobozi Mukuru wa Global Green Growth Institute Frank Rijsberman yasobanuye uko iterambere ritoshye kandi rirambye rishobora guharanirwa kabone n’ubwo ibihugu byaba biri mu bihe bitoroshye cyangwa ibihe by’amage. Green Pacific Financial Systems Muri iki kiganiro havuzwe uko aka...
U Buyapani bufite Minisitiri w’intebe mushya

U Buyapani bufite Minisitiri w’intebe mushya

Ayandi
Mu cyumweru gishize uwari usanzwe ari Minisitiri w’Ingabo mu Buyapani Shigeru Ishiba yagizwe Minisitiri w’Intebe w’icyo gihugu. Uyu mugabo w’imyaka 67 y’amavuko yemejwe n’Inteko Ishinga Amategeko ngo asimbure Fumio Kishida ucyuye igihe. Mu ngamba Ishiba afite, harimo gushyira imbaraga mu mubano hagati y’u Buyapani n’ibindi bihugu by’inshuti hagamijwe gukemura ibibazo by’umutekano. Avuga ko azavugurura ubufatanye na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika. Mu myaka yashize Shigeru Ishiba yakunze kunenga imiterere y’umubano w’u Buyapani na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yemezaga ko utanoze. Yifuzaga ko u Buyapani bwagira uburenganzira busesuye bwo kugenzura ibigo bya gisirikare by’Amerika biri mu Buyapani kuva Intambara ya Kabiri y’Isi irangiye. Ikindi Ishiba yashakaga ni uko ibihugu byo ku mu...