Sunday, July 6
Shadow

Ayandi

Umuganga w’imyaka 102 yasobanuye amabanga yo kuramba kwe

Umuganga w’imyaka 102 yasobanuye amabanga yo kuramba kwe

Ayandi
Howard Tucker umuganga w’Umunyamerika w’inzobere mu buvuzi bw’imyakura (neurologue) yahishuye ibintu byamufashije kubaho igihe kirekire na n’ubu akaba akiri injege ku myaka 102. Uyu mukambwe ufatwa nk’umuganga ukuze kurusha abandi ukiri mu kazi ke yatangarije ikinyamakuru National Geographic ko ipfundo nyamukuru ryo kurama kwe ari uko atigeze afata ikiruhuko k’izabukuru. Ati “kujya mu kiruhuko k’izabukuru ni ibintu bibi cyane. Byangiza umuzima bw’umuntu haba ku mubiri haba no mu mitekerereze.” Tucker yongeraho ko yirinze itabi, urwango n’inzika ngo kuko na byo ari umwanzi w’ubuzima buzira umuze. Uyu muganga avuga ko yitondera imirire ye cyane. Yirinda ibyo kurya birimo isukari nyinshi n’amavuta menshi. Gusa ngo ntabwo aheza inguni cyane. Ati “nditonda mu byo kurya no kunywa ariko...
Ambasade ya Pakistani mu Rwanda yateguye iserukiramuco ku muco na siporo.

Ambasade ya Pakistani mu Rwanda yateguye iserukiramuco ku muco na siporo.

Ayandi
Ku wa gatanu tariki ya 13 Kamena 2025 ku kicaro cya Ambasade ya Pakistani mu Rwanda (High Commission of Pakistan to Rwanda) i Nyarutarama habereye ibirori by’iserukiramuco rigamije kumurika umuco, siporo ndetse n’imirire byo muri iki gihugu. Muri uyu muhango wari watumiwemo abashyitsi baturutse mu mpande zinyuranye, hagaragajwe uruhare rw’umuco mu kumenyekanisha igihugu no kugiteza imbere. Abafashe ijambo muri iryo serukiramuco bashimye iki gikorwa cyateguwe mu buryo bunoze, bigashimangira isura nziza y’Ambasade ya Pakistani mu Rwanda kuko ifite umwihariko wo gufungurira abantu imiryango, gutanga ubufasha n’ubujyanama. Uhagarariye Pakistani mu Rwanda High Commissioner Naeem Ullah Khan yashimiye abitabiriye iserukiramuco, agaruka ku ruhare rwa siporo n’imirire mu kubaka no gusi...
Havumbuwe umugati umaze imyaka 5000

Havumbuwe umugati umaze imyaka 5000

Ayandi
Muri Turukiye abacukumbuzi b’amateka bavumbuye umugati mu bisigarira byo mu butaka umaze imyaka 5000 ukozwe. Ibyo uwo mugati wakozwemo ni byo byatumye utangirika ushobora kumara imyaka myinshi bene ako kageni. Ukozwe mu ifu y’ingano zikize kuri amidon ivanze n’intete z’inkori ndetse n’amababi y’ikimera kihariye kifashishwaga nk’umusemburo w’uwo mugati. Nyuma yo kuvumbura uwo mu gati ukuze kurusha iyindi yose ku isi, ubuyobozi bw’inzego z’ibanze z’aho uwo mugati wavumbuwe bwafashe umwanzuro wo gutangira gukora indi migati ijya kumera nk’uwo nguwo w’agatangaza. Icyo kiraka cyahawe umutetsi w’imigati ufite boulangerie yitwa Halk Ekmek mu gace ka Eskisehir. Hashatswe ibyifashishwa mu gutegura uwo mugati bijya kumera kimwe n’ibyo byakoreshwaga mu myaka 5000 ishize. Byagenze neza ku...
Donald Trump na Elon Musk batangiye guterana amagambo

Donald Trump na Elon Musk batangiye guterana amagambo

Ayandi
Nyuma y’uko umuherwe wa mbere ku isi Elon Musk asezeye mu buyobozi bwa Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, intambara y’amagambo irako meje hagati ye n’uwahoze ari inshuti ye magara ntusige ari we Perezida Donald Trump. Ubu inzira zabyaye amahari hagati y’aba bagabo bombi b’ibikomerezwa. Kutumvikana kwabo kwaturutse ku mpamvu nyinshi zirimo itegeko rishya rirebana n’imisoro, aho iryo tegeko ryaje ribangamira ubucuruzi bwa Elon Musk cyane cyane ku birebana n’icuruzwa ry’amamodoka y’uruganda rwa Tesla rwa Elon Musk. Igitangaje ni uko aba bombi batangiye kubwirana amagambo akarishye yatunguye benshi bari babazi nk’inshuti magara. Elon Musk yashyize ku rukuta rwe twa Twitter amashusho agaragaza uruhare Donald Trump yaba yaragize mu bikorwa by’urukozasoni byakozwe na Jeffrey ...
Ku munsi mpuzamahanga w’ababyeyi, AWF yatanze ubutumwa bw’umwihariko

Ku munsi mpuzamahanga w’ababyeyi, AWF yatanze ubutumwa bw’umwihariko

Ayandi, Ibyiza nyaburanga
Ku itariki ya 11 Gicurasi 2025 ubwo isi yose yizihizaga umunsi wahariwe ababyeyi b’igitsina gore (Mother’s Day), umushinga Ubungabunga Ibinyabuzima muri Afurika African Wildlife Foundation (AWF) wageneye abantu ubutumwa bwihariye. Ubwo butumwa AWF yanyujije ku rukuta rwayo rwa X bushima ubwitange bw’ababyeyi b’abantu ndetse n’ab’inyamaswa kuko bose muri rusange barangwa n’impuhwe n’urukundo ku bana babo. Ubu butumwa buragira buti “Twubaha cyane imbaraga, urukundo n’ubudacogora biranga ababyeyi b’abantu ndetse n’ababyeyi b’inyamaswa”. AWF ikomeza itanga urugero rw’ubutwari bw’inzovu z’ingore zitangira abana bazo bukagereranywa n’ubw’ababyeyi b’abantu b’igitsina gore bahoza umutima wabo ku bana babo, imiryango yabo ndetse n’urusobe rw’ibinyabuzima. Abo bose bafatwa nk’abafite umuha...
Muri Venezuela abakozi bagiye kujya bakora igice cy’umunsi gusa

Muri Venezuela abakozi bagiye kujya bakora igice cy’umunsi gusa

Ayandi
Kubera igabanuka ry’umuriro w’amashanyarazi utangwa n’urugomero rw’ibanze muri Venezuela, amasaha y’akazi agiye kugabanywa kabiri bajye bakora mbere ya saa sita gusa. Leta y’iki gihugu yasohoye amabwiriza asobanura ko abakozi ba Leta bagabanyirijwe amasaha y’akazi kubera ko izuba ryinshi ryacanye ryabaye intandaro y’igabanuka ry’amashanyarazi, bityo akazi na ko kakaba kagomba kugabanuka kubera umuriro udahagije. Aya mabwiriza avuga ko mu gihe k’ibyumweru 6 uhereye ubu ngubu abakozi ba Leta bazajya batangira akazi saa mbiri za mu gitondo bakarangize saa sita n’igice z’amanywa. Ikindi kiyongera kuri ibyo ni uko n’iminsi y’akazi izagabanuka, ikava kuri 5 mu cyumweru ikaba 3. Ibi bisobanuye ko akazi kazajya gakorwa umunsi umwe, hanyuma umunsi ukurikiyeho abakozi basibe. Muri i...
Minisitiri yeguye nyuma y’uko bimenyekanye ko yatewe inda n’ingimbi

Minisitiri yeguye nyuma y’uko bimenyekanye ko yatewe inda n’ingimbi

Ayandi
Uwari Minisitiri w’Abana muri Islande Ásthildur Lóa Thórsdóttir yeguye kuri uwo mwanya nyuma y’uko hari amakuru yagiye ahagaragara avuga ko yigeze kubyarana n’ingimbi y’imyaka 16. Uyu mugore yiyemerera ko hashize imyaka 36 ibyo bibaye. Asobanura ko ubwo yari afite imyaka 22 ari bwo yabyaye atewe inda n’umwana w’ingimbi witwa Eirík Ásmundsson wari ufite imyaka 15. Avuga ko bamenyaniye mu rusengero. Ikinyamakuru cyo muri Islande cyitwa Iceland Monitor cyandika ko umubano wihariye hagati ya Ásthildur Lóa Thórsdóttir na Eirík Ásmundsson watangiye mu mwaka wa 1989. Icyo gihe n’ubwo umukobwa yarushaga umuhungu imyaka 7 yose, ngo umuhungu ni we wari ufite amashagaga cyane mu byerekeranye n’urukundo. Iki kinyamakuru cyongeraho ko inshuro nyinshi Ásthildur Lóa Thórsdóttir yashatse guhagar...
Uwahoze ari Perezida wa Philippines yatawe muri yombi

Uwahoze ari Perezida wa Philippines yatawe muri yombi

Ayandi
Ku wa kabiri tariki 11 Werurwe 2025 Rodrigo Duterte wabaye umukuru w’igihugu cya Philippines kuva mu mwaka wa 2016 kugeza muri 2022 yafatiwe ku kibuga k’indege cya Manille. Uyu mugabo yafashwe hashingiwe ku mpapuro zo kumuta muri yombi zari zaratanzwe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (Cour Pénale Internationale). Uru rukiko rumukurikiranyeho ibyaha byibasiye inyoko muntu yaba yarakoze ubwo yayoboraga Philippines. Ibyo byaha bishingiye ku bwicanyi bwakorewe abakekwagaho gucuruza no kunywa ibiyobyabwenge. Ubwo bwicanyi bwategetswe na Duterte ubwo yari Perezida wa Philippines. Urukiko CPI ruvuga ko abantu bari hagati ya 12,000 na 30,000 ari bo basize ubuzima mu nkundura ya Rodrigo Duterte yo guhashya ibiyobyabwenge n’ababikwirakwiza. Abo mu miryango y’abishwe muri ubwo buryo ...
Ibitaro bya mbere ku isi

Ibitaro bya mbere ku isi

Ayandi
Ku rutonde ngarukamwaka rukorwa n’ikinyamakuru Newsweek, ibitaro bya Mayo Clinic ni byo byongeye kuza ku isonga mu bitaro  byiza kurusha ibindi ku isi muri uyu mwaka. Ibi bitaro bije ku mwanya wa mbere ku nshuro 7 zikurikiranya. Uru rutonde rukorwa hashingiwe ku bushakashatsi mu bihugu 30 bihagaze neza mu rwego rw’ubuzima. Ibigenderwaho ni ireme ry’ubuvuzi, urwego rw’imikorere n’umutekano w’abarwayi. Amakuru akusanywa cyane cyane mu bakozi bagana ibitaro ndetse n’abakozi babyo. Ibitari bya Mayo Clinic biherereye mu mujyi wa Rochester muri Leta ya Minnesota muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika. Iki gihugu kihariye imyanya y’imbere kuri uru rutonde rw’ibitaro byiza kurusha ibindi ku isi. Ku mwanya wa kabiri haza Cleveland Clinic yo muri Leta ya Ohio na ho ibitaro bya The Johns Hopkins ...
Urupfu rw’imbwa yigeze gukiza Barack Obama rwashenguye benshi

Urupfu rw’imbwa yigeze gukiza Barack Obama rwashenguye benshi

Ayandi, Ibyiza nyaburanga
Muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika harimo kuvugwa urupfu rw’imbwa yitwaga Hurricane yifashishwaga mu kurinda umutekano. Iyi mbwa yapfuye mu cyumweru gishize ku myaka 16, ifatwa nk’intwari ikomeye kuko yigeze gukiza ubuzima bw’uwahoze ari Perezida w’iki gihugu Barack Obama mu mwaka wa 2014. Icyo gihe umuntu utazwi ruriye igipangu yinjira muri White House ashaka kumugirira nabi. Ubwo uwo muntu yari ageze muri metero 100 z’aho Obama yari yicaye we n’umugore we barimo kureba filimi, imwe mu mbwa zarindaga umutekano yitwaga Jordan yahise imusatira ariko arayikubita ayisubiza inyuma. Hurricane, ifatwa nk’imbwa y’intwari, yahise isimbukira uwo mugabo wari witwaje intwaro, na yo agerageza kuyikubita ariko imubera ibamba. Uwo mugabo n’imbwa Hurricane bakomeje guhangana kugeza ubwo abapolisi...