Tuesday, April 15
Shadow

Imikino

Bafashe umunota wo kuzirikana umunyabigwi bazi ko yapfuye

Bafashe umunota wo kuzirikana umunyabigwi bazi ko yapfuye

Imikino
Mu cyumweru gishize mu ikipe y’umupira w’amaguru yo muri Bulgariya yitwa Arda Kardzhali basabye ko hafatwa umunota wo guceceka bakazirikana uwahoze ari umukinnyi wabo Petko Ganchev bibwira ko yitabye Imana nyamara amakuru bari bafite ntabwo impamo. Mbere y’umukino wa shampiyona yo mu kiciro cya mbere muri Bulgariya wahuje Arda Kardzhali na Levski Sofia hafashwe uwo munota ngo bahe icyubahiro uwo mukinnyi wakanyujijejo, gusa byaje kumenyekana ko uwo mugabo yari agihumeka umwuka w’abazima. Petko Ganchev yatunguwe no kumva bamubika kuri sitade ndetse abakinnyi bagakora uruziga ngo bamwibuke kandi we adataka n’igicurane. Nyuma yo kubona inkuru y’urupfu rwe kuri televiziyo agatungurwa bikomeye yasubiye mu rugo asanga umugore we yashenguwe n’agahinda kuko na we iyo nkuru yari yamaze ku...
Amavubi yanganyije na Lesotho, ikizere cyo kujya mu Gikombe k’Isi cyongera kugabanuka

Amavubi yanganyije na Lesotho, ikizere cyo kujya mu Gikombe k’Isi cyongera kugabanuka

Imikino
Mu mikino y’amajonjora yo gushaka itike yo kwerekeza mu Gikombe k’Isi cy’umupira w’amaguru mu mwaka wa 2026, u Rwanda rwahuye na Lesotho kuri Stade Amahoro i Remera ku wa kabiri Tarik 25 Werurwe 2025.   Ni umukino w’umunsi wa 6 ari na wo wa mbere mu mikino yo kwishyura muri itsinda rya 3 ry’aya majonjora ku mugabane w’Afurika. Ni umukino wabaye nyuma gato y’uko Amavubi y’u Rwanda yari yaratsindiwe mu rugo n’ikipe y’igihugu ya Nijeriya ibitego 2 ku busa. Uyu mukino w’Amavubi y’u Rwanda n’Ingona za Lesotho wari umwanya umutoza mushya w’u Rwanda Adel Amrouche yari abonye wo kugaragaza ubushobozi bwe nyuma yo gutangira nabi. Gusa ntabwo byamworoheye kuko yaguye miswi na Lesotho banganya igitego kimwe kuri kimwe. U Rwanda ni rwo rwabanje gutsinda ku gitego kinjijwe na na Jojea...
Abakeba baguye miswi, Rayon Sport ikomeza kuyobora urutonde

Abakeba baguye miswi, Rayon Sport ikomeza kuyobora urutonde

Imikino
Ku cyumweru tariki ya 9 Werurwe 2025 ikipe y’APR FC yanganyije na Rayon Sport ubusa ku busa mu mukino w’umunsi wa 20 wa shampiyona y’umupira w’amaguru mu kiciro cya mbere mu Rwanda wabereye kuri Sitade Amahoro i Remera. Mu kibuga uyu mukino wari uri ku rwego ruringaniye kuko abakinnyi batashoboye gutera mu izamu uko byari byitezwe. Mu maso y’abasesengura umupira w’amaguru mu Rwanda, uyu mukino wa derby hagati y’abakeba usigaye urangwa no gucungacungana, hakabaho kwigengesera ngo hatagira ibanza indi igitego. Ibi bigaragazwa n’uko akenshi APR FC na Rayon Sport zikunda kunganya cyane mu mikino nyamara yabaga yakabirijwe. Imikino y’umunsi wa 20 yazanywe mbere y’igihe kuko yari iteganyijwe mu minsi ya nyuma ya shampiyona. Uko indi mikino y’uyu munsi yagenze: Ku wa gatanu tariki...
Isiganwa Tour du Rwanda 2025 ryasojwe ritarangiye

Isiganwa Tour du Rwanda 2025 ryasojwe ritarangiye

Imikino
Umufaransa Fabien Doubey ukinira ikipe ya Total Energies yo mu Bufaransa ni we watsinze isiganwa ry’amagare ngarukamwaka rizenguruka igihugu Tour du Rwanda. Ni mu birori bikonje cyane byabaye ku cyumweru tariki ya 2 y’ukwezi kwa 3 muri uyu mwaka wa 2025. Byari bikonje kuko intera ya 7 ari na yo ya nyuma ya Tour du Rwanda itakinwe ngo irangire bitewe n’imvura yaguye isiganwa rigeze hagati. Iyi ntera yagombaga kuzenguruka mu bice binyuranye by’umujyi wa Kigali. Abashinzwe gutegura iri rushanwa bahisemo gufata umwanzuro wo kwirengaziza iyi ntera ya nyuma, bagendera ku bipimo by’igiteranyo rusange nyuma y’agace ka 6 . Ibi ni byo byatumye Fabien Doubey yegukana umwanya wa mbere. Urugendo rw’ibilometero 769 yarukoreshejemo amasaha 19 iminota 35 n’amasegonda 12. Uwabaye uwa kabiri ni He...
Umubiligi Aldo Taillieu ni we watsinze agace k’umusogongero ka Tour du Rwanda 2025.

Umubiligi Aldo Taillieu ni we watsinze agace k’umusogongero ka Tour du Rwanda 2025.

Imikino
Ku cyumweru tariki 23 Gashyantare 2025 mu Rwanda hatangiye isiganwa ry’amagare ngarukamwaka Tour du Rwanda. Abakinnyi 69 ni bo batangiye urugamba rwo guhatanira ikamba ry’iri siganwa mpuzamahanga rizenguruka igihugu ry’uyu mwaka wa 2025. Abasiganwa batangiriye ku gace k’umusogongero, aho buri wese anyonga yizizira, bakarushanwa gukoresha igihe gitoya gishoboka, ari byo bita Individual Time Trial cyangwa Course Contre la Montre Individuelle. I saa tanu n’iminota 30 ni bwo umukinnyi wa mbere yari akandagije ikirenge ke ku kirenge k’igare mu muhango ufungura wayobowe na Perezida w’u Rwanda Paul Kagame. Urugendo rwari ruteganyijwe ni urwo kuzenguruka ibice bitandukanye bituranye na Stade Amahoro i Remera ari byo BK Arena, bakerekeza ku kigo kigenzura ibinyabiziga i Remera, baka...
APR Basketball Club ifite imigambi mishya mbere yo kwitabira irushanwa rya BAL

APR Basketball Club ifite imigambi mishya mbere yo kwitabira irushanwa rya BAL

Imikino
Nyuma yo kutitwara neza mu irushanwa rya Basketball Africa League ry’umwaka wa 2024, ikipe y’abasirikare b’u Rwanda APR Basketball Club irateganya gukora impinduka mu myiteguro y’iri rushanwa izongera guserukamo uyu mwaka wa 2025. Muri BAL y’umwaka ushize, APR Basketball Club yasezerewe mu kiciro k’itsinda rya Sahara, irangiza ku mwanya wa 4 ari na wo wa nyuma. Andi makipe atatu yari muri iri tsinda ryakiniraga i Dakar muri Senegali ni Rivers Hoopers yo muri Nijeriya, AS Douanes yo muri Senegali na US Monastir yo muri Tuniziya. Uwo musaruro nkene w’ikipe y’abasirikare b’u Rwanda ni wo watumye idashobora kwitabira imikino ya kamarampaka yabereye mu nzu y’imikino ya BK Arena i Kigali mu Rwanda. APR Basketball Club nyuma yo kwegukana igikombe cya shampiyona cy’uyu mwaka, igiye ko...
Ingaruka zo guhindura amazina y’amakipe y’umupira w’amaguru mu Rwanda

Ingaruka zo guhindura amazina y’amakipe y’umupira w’amaguru mu Rwanda

Imikino
Nyuma y’impinduka za politiki mu Rwanda zabaye guhera mu kwezi kwa karindwi k’umwaka wa 1994, hari inzego z’ahantu zagiye zihindura amazina. Mu mupira w’amaguru na ho iyo nkundura yarahageze , amwe mu makipe ahabwa amazina mashya. Gusa kubatizwa bwa kabiri byagiye bizana ingaruka mbi muri ayo makipe. Umusesenguzi Ephrem Nsengumuremyi akaba asanzwe ari umuyobozi w’ikinyamakuru Ingenzi Nyayo avuga ko amakipe nka Flash FC, Zebres FC na Mukungwa Sports yatakaje abakunzi benshi nyuma yo guhindura amazina yayo ya kera agafata amazina mashya ari yo AS Muhanga, Gicumbi FC na Musanze FC. Asobanura ko abenshi muri abo bakunzi batibonaga muri izo nyito nshya. Ephrem Nsengumuremyi yongeraho ko n’urwego rw’imikinire rwasubiye hasi nyuma y’izo mpinduka avuga ko zitari ngombwa. Abakurikirani...
Diego Forlan wakanyujijeho muri ruhago asigaye akina tennis nk’uwabigize umwuga

Diego Forlan wakanyujijeho muri ruhago asigaye akina tennis nk’uwabigize umwuga

Imikino
Umugabo wo mu gihugu cya Uruguay Diego Forlan wabaye umukinnyi w’umupira w’amaguru ku rwego mpuzamahanga, nyuma yo guhagarika gukina uwo mukino mu mwaka wa 2019 asigaye yarihebeye tennis aho akina nk’uwabigize umwuga. Ku myaka 45 y’amavuko Diego Forlan agiye kwitabira irushanwa rya tennis ryitwa Uruguay Open aho azaseruka mu kiciro cy’abakina ari babiri babiri akazafatanya na Federico Coria wo muri Argentine uri ku mwanya wa 101 ku rutonde rw’abakinnyi bahagaze neza muri tennis ku isi muri iki gihe. Muri iri rushanwa riri mu marushanwa akomeye yo ku rwego rukurikira urwa mbere ku isi yose riteganyijwe kuva ku itariki ya 11 kugeza ku ya 17 Ugushyingo 2024, Forlan afite ikizere ko we na mugenzi we bazitwara neza bakegukana umwanya ushimishije. Umwaka ushize Diego Forlan yatangaje ko n...
Umunyezamu Szczesny ati “itabi ntabwo narireka n’ubwo byagenda bite!”

Umunyezamu Szczesny ati “itabi ntabwo narireka n’ubwo byagenda bite!”

Imikino
Umukinnyi w’umupira w’amaguru w’Umunyapolonye Wojciech Szczesny uherutse kugurwa n’ikipe ya FC Barcelone yatangaje ko nta kintu kizamubuza kunywa itabi. Uyu mugabo w’imyaka 34 ufite uburebure bwa metero 1 na santimetero 96 azwiho gutumura agatabi. Muri iyi minsi ubwo yiteguraga gusoza akazi ke ko gukina umupira w’amaguru nk’umukinnyi wabigize umwuga yiyambajwe n’ikipe ya FC Barcelone yo muri Espanye ngo azibe icyuho cy’Umudage Marc-André Ter Stegen wagize imvune. Szczesny yatangarije ikinyamakuru Mundo Deportivo cyandikirwa mu mujyi wa Barcelone muri Espanye ko uko byamera kose atazareka kunywa itabi ngo kuko nta kintu na kimwe ribangamira mu mikinire ye. Ati “Mu by’ukuri ntabwo nabaho ntanywa itabi. Niba ndinywa, ibyo ni jye bireba nta wundi muntu ukwiye kubigiraho ikibazo. Ndakora...
Amavubi yatsinze Bénin ikizere cyo kujya muri CAN kirazanzamuka

Amavubi yatsinze Bénin ikizere cyo kujya muri CAN kirazanzamuka

Imikino
Ku wa kabiri tariki 15 Ukwakira 2024 kuri Sitade Amahoro i Remera ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’umupira w’amaguru yatsinze ikipe y’igihugu ya Bénin ibitego 2 kuri 1 mu mukino w’umunsi wa 4 mu itsinda rya 4 mu rugamba rwo gushakisha itike yo kuzajya mu Gikombe cy’Afurika k’Ibihugu CAN 2025 muri Maroke. Muri uyu mukino watangiye i saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, Bénin ni yo yafunguye amazamu mu gice cya mbere, Abanyarwanda batangira kwiheba kuko bumvaga gutakaza uyu mukino byari bisobanuye gusezererwa. Gusa mu gige cya kabiri cy’umukino abasore b’umutoza Frank Spittler bishyuye icyo gitego ndetse bongeraho n’icya kabiri k’intsinzi cyabahesheje amanota atatu y’umunsi. Uku gutsinda k’u Rwanda rwagaruye ikizere cyari cyaratakaye ku wa gatanu tariki 11 Ukwakira 2024 ubwo batsindwaga na B...