Monday, April 28
Shadow

Author: MUKERARUGENDO Admin

Se wa Erling Haaland yamubwiye ibanga ryo kurushaho kugira imbaraga

Se wa Erling Haaland yamubwiye ibanga ryo kurushaho kugira imbaraga

Ayandi, Imikino
Umukinnyi usatira izamu mu ikipe ya Manchester City yo mu kiciro cya mbere mu Bwongereza yahishuye ko iyo ari mu biruhuko, papa we Alf Inge Haaland amusaba gukora imirimo y’amaboko kugira ngo akomeze kugira imbaraga kandi ari no mu kazi. Uyu musore w’Umunyanoruveji w’imyaka 24 atangaza ko akenshi iyo ari mu biruhuko nyuma y’umwaka w’imikino akunda kuba ari iwabo ku ivuko. Se umubyara aramubwira ati “ni byo ndabizi ko uri mu biruhuko ariko kuruhuka si ukwicara! Fata ibikoresho uze tujyane mu ishyamba gutema ibiti”. Erling Haaland asobanura ko ako kazi yemera akagakora n’ubwo kavunanye ariko kandi ngo nta yandi mahitamo aba afite kuko ntiyasuzugura papa we. Yongeraho ko nyuma y’uwo murimo wo gutema ibiti ajya kureba aho yagabanyiriza ayo mavunane agahita yerekeza mu nzu z’utubyinir...
N’ubwo Amavubi yanganyije na Nijeriya, aracyafite akazi gakomeye ko kubona itike ya CAN 2025

N’ubwo Amavubi yanganyije na Nijeriya, aracyafite akazi gakomeye ko kubona itike ya CAN 2025

Imikino
Mu mukino wa kabiri wo mu matsinda mu guhatanira itike yo kuzajya mu kiciro cya nyuma k’irushanwa ry’Igikombe cy’Afurika k’Ibihugu (CAN 2025), u Rwanda rwaguye miswi na Nijeriya kuri Sitade Amahoro i Remera ku wa kabiri tariki 10 Nzeri 2024. Ni ubwo hari abantu benshi bashimye uko ikipe y’igihugu y’u Rwanda yitwaye, haracyasabwa byinshi kugira ngo Amavubi yizere kuzaboneka mu mu makipe abiri azakomeza. Ku wa gatatu tariki ya 4 Nzeri 2024 u Rwanda rwari rwahuye na Libiya mu mukino wa mbere wo muri iri tsinda rya D. Uyu mukino wabereye i Tripoli muri Libiya warangiye amakipe anganya igitego kimwe kuri kimwe. Nijeriya yatsinze Benin ibitego bitatu ku busa. Ku munsi wa kabiri muri iri tsinda u Rwanda rwanganyije na Nijeriya ubusa ku busa kuri Sitade Amahoro i Remera, bamwe mu bakunzi b’...
APR Basketball Club na Patriotes Basketball Club ni zo zizahura mu kiciro cya nyuma cya kamarampaka.

APR Basketball Club na Patriotes Basketball Club ni zo zizahura mu kiciro cya nyuma cya kamarampaka.

Imikino
Ku wa gatatu tariki ya 4 Nzeri 2024 mu Sitade Ntoya y’i Remera habereye  imikino y’umunsi wa gatatu w’imikino ya kimwe cya kabiri k’irangiza muri kamarampaka yo guhatanira igikombe cya shampiyona ya Basketball mu kiciro cya mbere mu bagabo. Iyi mikino yasize APR Baskeball Club na Patriotes Basketball Club zitsindiye kuzakina imikino ya nyuma. Mu mukino wabanje, ikipe ya Patriotes Basketball Club, nk’uko byari byitezwe na benshi, yatsinze Kepler Basketball Club amanota 89 kuri 66. Iyi yari intsinzi ya gatatu ya Patriotes kuri Kepler bityo umutoza Henry Mwinuka n’abasore be bahita bakatisha itike yo gukina kamarampaka za nyuma. Umukino wakurikiyeho wari ishiraniro hagati y’APR Basketball Club na REG Basketball Club. APR Basketball Club yari yatsinze imikino ibiri ibanza, REG Basket...
CAN 2025: Amavubi yatangiye anganya na Libiya

CAN 2025: Amavubi yatangiye anganya na Libiya

Imikino
Ku wa gatatu tariki 4 Nzeri 2024 ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’umupira w’amaguru yaguye miswi n’ikipe y’igihugu ya Libiya mu mukino wa mbere w’amajonjora mu matsinda mu rugamba rwo gushakisha itike yo kuzitabira Igikombe cy’Afurika k’Ibihugu cya 2025. Muri uyu mukino wabereye kuri sitade yitiriwe itariki ya 11 Kamena i Tripoli muri Libiya amakipe yombi yanganyije igitego kimwe kuri kimwe bityo buri kipe itahana inota rimwe ry’umukino w’umunsi wa mbere. Libiya ni yo yafunguye amazamu ku munota wa 16 ku gitego cyatsinzwe na Subhi Al Dhawi nyuma y’umupira wari utakajwe na Kévin Muhire hanyuma Djihad Bizimana, Fitina Ombolenga na Ange Mutsinzi bananirwa guhagarika umukinnyi wa Libiya kugeza ubwo yarekuye umuzinga w’ishoti mu izamu rya Fiacre Ntwari. Amavubi y’u Rwanda yishyuye icyo...
Koreya ya Ruguru: Abayobozi 30 bahawe igihano cyo kwicwa

Koreya ya Ruguru: Abayobozi 30 bahawe igihano cyo kwicwa

Ayandi
Abayobozi 30 bo mu gace gaherutse kwibasirwa n’imyuzure muri Koreya ya Ruguru bamaze gukatirwa igihano cy’urupfu ndetse cyamaze gushyirwa mu bikorwa. Nk’uko bitangazwa na televiziyo Chosun yo mu Bushinwa, Perezida wa Koreya ya Ruguru Kim Jong - Un ni we wategetse ko abo bayobozi bicwa abashinja kuba nta cyo bakoze ngo hakumirwe ingaruka zatewe n’iyo myuzure ikomeye yabaye muri Nyakanga uyu mwaka. Urutonde rw’abahawe icyo gihano ntabwo rwatangajwe gusa hari umwe mu bayobozi wari umaze iminsi azeserewe mu kazi bigakekwa ko na we yaba ari mu bamaze kurangiza igihano cyo kwicwa bahawe mu mpera za Kanama 2024. Uwo muyobozi ni Kang Bong - Hoon wari Umunyamabanga wa Komite Nyobozi y’Intara ya Chagang. Muri Nyakanga 2024, muri Koreya ya Ruguru haguye imvura nyinshi ku kigero kidas...
Impundu na zo zifashisha ibimera nk’umuti iyo zirwaye

Impundu na zo zifashisha ibimera nk’umuti iyo zirwaye

Ayandi, Ibyiza nyaburanga
Abashakashatsi bo muri Kaminuza ya Oxford mu Bwongereza bamaze gutangaza ko inyamaswa z’inyamabere zitwa impundu zitabaza bimwe mu bimera mu rwego rwo kwivura mu gihe zakomeretse cyangwa zifite ubundi  burwayi. Izi nzobere mu bumenyi bw’ibinyabuzima ziyobowe na Elodie Freymann zemeje ko, nk’uko bimeze ku kiremwa muntu, inyamabere z’impundu na zo zizi ibiti cyangwa ibyatsi byifitemo ubushobozi bwo kuvura. Ubushakashatsi bwakorewe ku mpundu zo mu ishyamba rya Pariki ya Budongo muri Uganda bwagaragaje ko iyo impundu zirwaye cyangwa zifite ibikomere ku mubiri ziyambaza ibiribwa byihariye bikomoka ku bimera bikazifasha koroherwa no gukira burundu. Ibishishwa by’ibiti cyangwa by’imbuto ni bimwe mu byifashishwa nk’umuti n’izo nyamaswa. Nyuma yo gusuzuma muri laboratwari ibyatsi n’ib...
Nyuma y’iminsi 10 aburiwe irengero, umushoferi w’ibyamamare yongeye kugaragara

Nyuma y’iminsi 10 aburiwe irengero, umushoferi w’ibyamamare yongeye kugaragara

Ayandi, Imyidagaduro
Mohamed El Aiyate umugabo w’Umufaransa, umwe mu bari bafite inshingano zo gutwara abakinnyi b’ibyamamare mu mikino olempike yabereya mu Busaransa, yongeye kuboneka nyuma y’uko guhera ku itariki 23 Kanama 2024 yari yarabuze. Nyuma yo kubura kwe, iperereza ryahise ritangira gukorwa n’ishami rya jandarumori rya Auneuil. Icyo gihe abakora iperereza bagiye iwe aho asanzwe atuye basanga imiryango ifunguye. Imfunguzo ze, telefoni ndetse n’imodoka ye na byo byari biri iwe mu rugo. Ikinyamakuru Courrier Picard cyandikirwa mu Bufaransa kivuga ko bahasanze n’ibaruwa Aiyate yari yaranditse mbere yo kuburirwa irengero n’ubwo hadasobanurwa ibyari biyikubiyemo. Amakuru meza ni uko ku itariki ya 1 Nzeri 2024 uyu mugabo w’imyaka 57 yongeye kugaruka mu rugo nk’uko byandikwa n’ikinyamakuru Le Paris...
Patriotes Basketball Club na APR Basketball Club zishobora gucakirana mu mikino ya nyuma ya kamarampaka

Patriotes Basketball Club na APR Basketball Club zishobora gucakirana mu mikino ya nyuma ya kamarampaka

Imikino
Muri shampiyona y’umukino w’intoki wa Basketball mu kiciro cya mbere mu Rwanda ku makipe y’abagabo iri hafi kugera ku musozo, amakipe ya Patriotes Basketball Club n’APR Basketball Club yiyongereye amahirwe yo kugera ku mikino ya final ya playoffs mu mikino yabaye ku cyumweru tariki 1 Nzeri 2024. Kuri uwo munsi mu masaha y’umugoroba habaye imikino ibiri y’umunsi wa kabiri wa kamarampaka muri kimwe cya kabiri k’irangiza. Ikipe y’APR Basketball Club yatsinze REG Basketball Club amanota 65 kuri 60, iyi kipe y’abasirikare b’u Rwanda ihita itera indi ntambwe yerekeza mu mikino ya nyuma kuko no ku wa gatanu yari yatsinze REG Basketball Club mu mukino wa mbere. Ikipe ya Patriotes Basketball Club yanyagiye Kepler Basketball Club amanota 107 kuri 68 na yo yiyongerera amahirwe yo kwinji...
Nta gakuru ka Claudine Bazubagira waburiwe irengero mu mikino paralempike

Nta gakuru ka Claudine Bazubagira waburiwe irengero mu mikino paralempike

Imikino
Umukinnyi w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya sitting volleyball mu kiciro cy’abagore Claudine Bazubagira yaburiye mu Bufaransa aho iyi kipe yitabiriye imikino mpuzamahanga y’abafite ubumuga. Iyi kipe imaze gukina imikino ibiri mu itsinda ryayo idafite uyu mukinnyi kuko kuva mu cyumweru gishize nta wongeye kumuca iryera. Inkuru y’ibura ry’uyu Munyarwandakazi w’imyaka 44 ikimara kumenyekana, inzego z’umutekano zo mu Bufaransa zatangiye kumushakisha ariko kugeza n’ubu ntabwo araboneka. Ambasade y’u Rwanda mu Bufaransa na yo yinjiye muri iki kibazo mu rwego rwo kugerageza kumenya irengero ry’uyu mukinnyi. Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’Imikino y’Abafite Ubumuga mu Rwanda Jean Baptiste Murema yabanje guhakana aya makuru arebana n’ibura rya Bazubagira ariko nyuma yaje kwemeza ko ari impam...
Nyuma y’umwaka bakundana, Vincent Cassel na Narah Baptista baryohewe n’ubuzima.

Nyuma y’umwaka bakundana, Vincent Cassel na Narah Baptista baryohewe n’ubuzima.

Imyidagaduro
Umukinnyi wa filimi z’urwenya Vincent Cassel w’Umufaransa n’Umunyaburezilikazi Narah Baptista ku itariki ya 25 Kanama 2024 bizihije isabukuru y’umwaka umwe bamaze bakundana. Vincent Cassel yashyize ku rukuta rwe rwa Instagram ifoto igaragaza ko aba bombi bameranye neza mu munyenga w’urukundo bamaranyemo umwaka wose. Narah Baptiste usanzwe ari umunyamideli na we yahise ashyira ahagaragara amafoto agera ku icumi bari kumwe yongeraho amagambo ‘Ndagukunda cyane!’. Ikinyuranyo k’imyaka kiri hagati ya Cassel na Baptista ntabwo bagiha agaciro. Cassel afite imyaka 57 na ho Baptista akagira 27. Kuba umwe aruta undi cyane mu bukure nta cyo bihindura ku munezero bagaragarizanya. Bagaragara kenshi bari kumwe batembera, bakajya ku nkombe z’amazi, bagasomana bya hato na hato. Muri make urukund...