
Abana ba P.Diddy bavuga ko bazamugwa inyuma mu bibazo arimo
Nyuma y’igihe kirenga ukwezi umuhanzi w’icyamamamre Sean John Combs uzwi nka Puff Daddy cyangwa P.Diddy atawe muri yombi, abana be bavuga ko bamuri inyuma mu bigeragezo arimo kunyuramo kandi ko bazamurwanirira kugeza ku ndunduro.
Uyu muririmbyi w’Umunyamerika uzwi cyane mu njyana ya rap yafashwe ku itariki ya 16 Nzeri 2024 ajya gufungirwa muri gereza ya Metropolitan Detention Center ya Brooklyn mu mujyi wa New York. Akurikiranyeho ibyaha bifitanye isano n’ihohotera rishingiye ku gitsina. Ku itariki ya 22 Ukwakira 2024 abana 6 muri 7 ba P.Diddy banditse ubutumwa kuri rukuta rwa instagram rw’umukuru muri bo Quincy Taylor Brown w’imyaka 33. Muri ubu butumwa buherekejwe n’ifoto yabo baragira bati “umubyeyi wacu arimo arazira akagambane, twebwe duhagaze ku kuri kandi twemera ko kuzatsind...