Sunday, July 6
Shadow

Ayandi

U Rwanda na Turkiye bagiye kurushaho gufatanya mu birebana n’ubukerarugendo

U Rwanda na Turkiye bagiye kurushaho gufatanya mu birebana n’ubukerarugendo

Ayandi, Ibyiza nyaburanga
Ku wa gatatu w’iki cyumweru ku itariki 19 Gashyantare 2025 Ikigo k’Igihugu Gishinzwe Iterambere RDB cyakiriye intumwa zari ziturutse muri Turkiye mu rwego rwo kurushaho gushimangira ubufatanye mu nzego zinyuranye zirimo ubukerarugendo n’ubucuruzi. Izi ntumwa zari ziyobowe na Rahman Nurdun Umuyobozi Wungirije w’Ikigo cya Turkiye Gishinzwe Ubutwererane Turkish Cooperation and Coordination Agency (TIKA). Muri izi ntumwa harimo kandi Ambasaderi wa Turkiye mu Rwanda Aslan Alper Yuksel. Ku ruhande rw’urwego RDB Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Ubukerarugendo Irène Murerwa ni we wakiriye abo bashyitsi. Mu biganiro bagiranye, harimo ko hagiye kongerwa imbaraga mu ishoramari ryibanda ku mishinga ifite aho ihuriye n’ubucuruzi muri rusange n’ubukerarugendo by’umwihariko. Gentil KABEHO &nb...
Umutwe wa AFC/M23 umaze gukusanya imbunda 150 zari zifitwe n’abaturage

Umutwe wa AFC/M23 umaze gukusanya imbunda 150 zari zifitwe n’abaturage

Ayandi
Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo ryerekanye imbunda 150 zari zifitwe n’abaturage. Nyuma y’uko aba barwanyi bafashe imijyi ibiri ikomeye yo mu Ntara za Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo ari yo Goma na Bukavu, abasirikare bo ku ruhande rwa Leta hamwe n’abo mu mitwe inyuranye bafatanyije bahunze urugamba basiga imbunda zinyanyagiye hirya no hino mu baturage. Ku wa kane tariki ya 20 Gashyantare 2025 mu mujyi wa Bukavu habaye igikorwa cyo gukusanya izo mbunda hegeranywa izigera ku 150 ziganjemo izo mu bwoko bwa AK47. Icyo gikorwa cyari muri gahunda yiswe ‘Salongo’ cyo gusukura umujyi wa Bukavu hibandwa cyane ku gushakisha intwaro zikiri mu baturage. Umuvugizi wa AFC/23 Lawrence Kanyuka ku itariki 21 Gashyantare 2021 yeretse itan...
Umuntu umwe amaze guhitanwa n’imigati ya Mc Donald’s.

Umuntu umwe amaze guhitanwa n’imigati ya Mc Donald’s.

Ayandi
Mu mpera z’icyumweru gishize inkuru yabaye kimomo ko hari abantu barenga 70 bagize ikibazo cy’uburwayi batewe no kurya imigati baguze mu mangazini y’isosiyete icuruza ibiribwa yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika Mc Donald’s. Ibiro Ntaramakuru by’Ubufaransa AFP bitangaza ko nyuma yo kurya za ‘hamburgers’ za Mc Donald’s, abantu 75 bahise barwara , 22 muri bo ndetse bajyanwa mu bitaro. Umwe yahasize ubuzima azira hamburgers zihumanye. Ishami Rishinzwe Kugenzura Ibiribwa muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ritangaza ko intandaro y’ihumana ry’izo hamburgers za Mc Donald’s ari ubutunguru bwifashishijwe mu kuzikora. Mu gihe iperereza rigikomeje hafashwe icyemezo cyo guhagarika ubwo butunguru Mc Donald’s yari isanzwe igemurirwa n’ikigo cy’ubuhinzi kitwa Taylor Farms. Ikindi kandi hamburgers...
Siporo yo kwiruka ku maguru yaba ituma amabere agwa

Siporo yo kwiruka ku maguru yaba ituma amabere agwa

Ayandi
Umwe mu baganga b’inzobere mu miterere y’umubiri w’umuntu akaba n’impuguke mu kubaga abantu bifuza ubwiza (chirurgie plastique) yemeza ko n’ubwo siporo yo kwiruka ku maguru ifitiye akamaro kanini umubiri w’umuntu, ngo nta byera ngo de kuko hari ibyo ishobora kwangiza ku mubiri w’abantu b’igitsina gore. Uyu muganga w’Umufaransa Oren Marco avuga ko ingaruka nyamukuru yo kwirukanka abagore n’abakobwa bahura na yo ari ukugwa kw’amabere. Asobanura ko uko umuntu agenda akubita ibirenge ku butaka mu gihe aba arimo yiruka ari na ko bimwe mu bice by’umubiri bigenda biva mu mwanya wabyo. Yongeraho ko uretse n’amabere, amabuno n’amatama by’umukobwa cyangwa umugore ukunda gukora jogging na byo birushaho kumanuka bijya hasi. Gusa kubera ko ibyiza byo gukora iyo siporo ari byo byinshi kuruta i...
Yishwe ku munsi w’isabukuru ye

Yishwe ku munsi w’isabukuru ye

Ayandi
Mu gace ka Oise mu majyaruguru y’u Bufaransa umusaza yishwe urw’agashyinyaguro ku munsi yizihizagaho isabukuru y’imyaka 77 y’amavuko. Abaturanyi b’uyu musaza Jean Louis Gaillet wishwe ku wa gatandatu mu gitondo yicishijwe urukero rutema ibiti bari mu gahinda gakomeye kuko yari umuntu w’inyangamugayo ushimwa na benshi. Umuntu ukekwaho gukora ayo marorerwa yatumijwe n’inzego z’umutekano kuko basanze amaraso ku myenda ye. Ni umugabo uri mu kigero k’imyaka 30 wari umaze iminsi afite ibibazo byo mu mutwe ndetse yigeze kumara igihe mu bitaro avurwa ubwo burwayi. Ataruhanyije yiyemereye ko ari we wishe umusaza Jean Louis Gaillet amukase ijosi. Gentil KABEHO  
Byakekwaga ko yariwe n’idubu nyuma hemezwa ko yishwe n’umugizi wa nabi.

Byakekwaga ko yariwe n’idubu nyuma hemezwa ko yishwe n’umugizi wa nabi.

Ayandi
Umunyamerika Dustin Mitchell Kjersem aherutse gusangwa yapfiriye aho yari akambitse mu ihema ry’abakerarugendo bikekwa ko yishwe n’inyamaswa y’inkazi yitwa idubu (ours) ariko mu by’ukuri itohoza ryagaragaje ko ari umuntu wamwivuganye. Hari ku itariki ya 10 Ukwakira 2024 ubwo uyu mugabo w’imyaka 35 yafashe imodoka ye yerekeza i Montana aho yari agiye gukambika nk’umukerarugendo. Agezeyo yategereje inshuti ye bagombaga kurara ijoro bari kumwe. Iyo nshuti ihageze yahasanze umurambo, umubiri we washwanyaguritse ndetse hari zimwe mu ngingo zawo zari zacitse. Icyakurikiyeho ni ugutabaza, hakekwa ko uyu nyakwigendera yaba yariwe n’idubu muri iryo shyamba. Gusa inzego z’umutekano ndetse n’umwe mu bakozi b’inzobere b’ishami rishinzwe ibikorwa by’uburobyi n’inyamaswa mu gace ka Montana bat...
Urupfu rw’umunyegare wagonzwe ku bushake rukomeje gushengura benshi

Urupfu rw’umunyegare wagonzwe ku bushake rukomeje gushengura benshi

Ayandi
Ku wa kabiri tariki 15 Ukwakira 2024 mu masaha y’igicamunsi umusore w’Umufaransa Paul Varry yagonzwe ku maherere n’umushoferi w’ikamyo mu mujyi wa Paris. Uyu musore w’imyaka 27 wari utwaye igare yasonnyowe n‘umuntu wari utwaye ikamyo nyuma gato y’uko bateranye magambo mu muhanda. Intandaro y’urwo rupfu rubabaje ni uko uyu mushoferi w’ikamyo yitambitse Paul Varry amwima inzira. Hakurikiyeho kuvugana nabi bituma umushoferi w’ikamyo agira umujinya w’umuranduranduzi afata ikemezo kigayitse cyo kugonga iyo nzirakarengane y’umunyegare. Iyi nkuru y’inshamugongo yababaje benshi. Na n’ubu amatsinda atandukanye y’abantu akomeje kwishyira hamwe mu rwego rwo kunamira uyu musore wazize akarengane. By’umwihariko abanyamuryango b’ishyirahamwe ryitwa “Paris en selle” yabarizwagamo barimo kurara ...
Yuriye inzu ngo arebe Nyakotsi bimuviramo urupfu

Yuriye inzu ngo arebe Nyakotsi bimuviramo urupfu

Ayandi
Mu ijoro ryo ku wa kabiri tariki 15 Ukwakira 2024 ahitwa Gironde mu  Bufaransa umusore w’imyaka 21 yahanutse ku gisenge k’inzu ahasiga ubuzima, ubwo yari yuriye ashaka kureba Nyakotsi. Uyu musore yari yuriye ajya hejuru y’inzu yahoze ari iy’uruganda rwa kawucu mu gace ka Barsac. Yari ari kumwe na bagenzi be babiri. Uko ari batatu bari bafite amatsiko yo kwitegereza neza Nyakotsi cyane ko idakunda kugaragara kenshi. Kuko amabati y’igisenge k’iyo nyubako yari ashaje, umwe muri abo batatu yarakandagiye araroboka hanyuma ahanuka ahantu hareshya na metero 15. Undi musore wa kane mugenzi wabo we yari yasigaye hasi atinya kurira hejuru ni we watabaje ariko abatabazi bahageze i saa munani z’ijoro uwahanutse yamaze gupfa. Gentil KABEHO
U Buyapani bufite Minisitiri w’intebe mushya

U Buyapani bufite Minisitiri w’intebe mushya

Ayandi
Mu cyumweru gishize uwari usanzwe ari Minisitiri w’Ingabo mu Buyapani Shigeru Ishiba yagizwe Minisitiri w’Intebe w’icyo gihugu. Uyu mugabo w’imyaka 67 y’amavuko yemejwe n’Inteko Ishinga Amategeko ngo asimbure Fumio Kishida ucyuye igihe. Mu ngamba Ishiba afite, harimo gushyira imbaraga mu mubano hagati y’u Buyapani n’ibindi bihugu by’inshuti hagamijwe gukemura ibibazo by’umutekano. Avuga ko azavugurura ubufatanye na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika. Mu myaka yashize Shigeru Ishiba yakunze kunenga imiterere y’umubano w’u Buyapani na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yemezaga ko utanoze. Yifuzaga ko u Buyapani bwagira uburenganzira busesuye bwo kugenzura ibigo bya gisirikare by’Amerika biri mu Buyapani kuva Intambara ya Kabiri y’Isi irangiye. Ikindi Ishiba yashakaga ni uko ibihugu byo ku mu...
Papa Fransisco avuga ko Donald Trump na Kamala Harris bombi babangamiye ubuzima

Papa Fransisco avuga ko Donald Trump na Kamala Harris bombi babangamiye ubuzima

Ayandi
Ku wa gatanu tariki 13 Nzeri 2024, Umushumba wa Kiliziya Gatolika Papa Francisco yatangaje ko ibyo abakandida babiri bahatanira kuyobora Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bavuga ari ikibazo ku buzima bw’ikiremwamuntu. Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru mu ndege ubwo yari atashye asubiye i Roma nyuma y’urugendo yagiriye muri Aziya na Oseyaniya, Papa Franscisco yashimangiye ko kuba Donald Trump yiyamamaza agaragaza ko azirukana abimukira Kamala Harris na we agashyigikira itegeko ryemera gukuramo inda asanga bose ari iri n’iri. Uyu muyobozi w’ikirenga wa Kiliziya Gatolika ku isi aragira ati “hagati y’ibintu bibiri bibi, umuntu agerageza guhitamo ikibi gifite uruhengekero. Jyewe ntabwo ndi Umunyamerika, sinzatora. Abazatora bazagerageze gutora ikibi kidakabije cyane kuko ari Umurepubulik...