Saturday, April 19
Shadow

Imikino

Volleyball: Birashoboka ko ikipe y’igihugu y’u Rwanda yaba igihangange muri Afurika

Volleyball: Birashoboka ko ikipe y’igihugu y’u Rwanda yaba igihangange muri Afurika

Imikino
Urwego rwa volleyball y’u Rwanda muri Afurika nta washidikanya ko rushimishije n’ubwo hakiri intera ndende yo kwigaranzura makipe akomeye yo mu bihugu byo mu majyarugurun y’Afurika nka Misiri, Algeria na Tuniziya. Hari bamwe mu bakurikirana iby’iby’imikino ndetse batekereza ko ubuyobozi bwa sport mu Rwanda bukwiriye gushyira ingufu nyinshi muri uyu mukino w’intoki ngo kuko ariho hakiri amahirwe ku Rwanda kurusha uko bimeze mu mupira w’amaguru aho ibihugu byinshi by’Afurika byakangutse. Guhera mu myaka isoza iya za 80 u Rwanda rwari rumaze kugira ikipe yihagararaho mu ruhando rw’Afurika. Ingufu z’ikipe y’igihugu zari zishingiye mbere na mbere ku buryo mu Rwanda hari amakipe menshi yatumaga urwego rwo guhatana imbere mu gihugu ruba ruri hejuru. Hariho amakipe nka Kaminuza y’i Butare, ...
Simba SC yamaze gutandukan n’umutoza wayo Robertinho

Simba SC yamaze gutandukan n’umutoza wayo Robertinho

Imikino
Ibitego 5 bya YANGA Africans kuri 1 cya Simba SC nibyo bitumye Roberto Oliveira Gonçalves atandukana n’ikipe ya Simba SC. Umutoza Robertinho nyuma yo kuva gutoza muri shampiyona yo muri Uganda yitwaye neza agahesha ikipe ya Vipers SC kujya mu matsinda ya CAF Champions League yahise yerekeza muri shampiyona ya Tanzania mu ikipe ya Simba Sports Club. Uyu mugabo ukomoka muri Brazil umaze kumenyekana cyane hano mukarere doreko yanatoje mu Rwanda mu ikipe ya Rayon Sports ayifasha kwitwara neza mu matsinda ya CAF Confederation Cup ikaza kugarukira muri ¼ muri aya marushanwa. Nyuma yo kunyagirwa na mukeba ku cyumweru, uyu mugabo ahise ashimirwa n’ikipe ya Simba ajyana n’umutoza w’Umunyarwanda Corneille Hategekimana wari ushinzwe kongerera imbaraga abakinnyi. Egide NIRINGIYIMANA...
Abanyamakuru 10 mu beza b’imikino mu Rwanda mu gihe cyo hambere

Abanyamakuru 10 mu beza b’imikino mu Rwanda mu gihe cyo hambere

Imikino
Mukerarugendo.rw yiyemeje gukomeza kubahiriza ikifuzo cy'abasomyi bacu cyo kujya tubanyuriramo amwe mu mateka arebana n'imikino n'imyidagaduro. Tugiye kubagezaho urutonde rw'abanyamakuru 10 b'imikino bari mu beza u Rwanda rwagize mu myaka ya za 80 na 90. Viateur Kalinda : Abantu benshi bamufata nk'umunyamakuru wagize uruhare rukomeye mu guteza imbere itangazamakuru rya sport mu Rwanda. Yari afite impano y'ijwi ryiza, akamenya gusesengura no gutanga amakuru akenewe mu buryo bwihuse. Iyo yatangazaga umupira w'amaguru kuri radiyo yashimishaga abamukurikiye kandi akoresheje imvugo inoze. Ni we wadukanye amagambo anyuranye akoreshwa mu mupira w'amaguru. Muri ayo magambo dusanga mu gitabo yanditse kitwa Rwanyeganyeze twavuga kunobagiza, kwamurura, urubuga rw'amahina n'ayandi. Kalinda wako...
Bimwe mu byo mukwiye kumenya kuri Muvara Valens wamamaye muri Ruhago

Bimwe mu byo mukwiye kumenya kuri Muvara Valens wamamaye muri Ruhago

Imikino
Abenshi mu bakurikiranira hafi umupira w’amaguru wo mu Rwanda bazi izina rya Muvara Valens kuko yagize ibigwi nk’umukinnyi mwiza usatira izamu. Gusa bamwe muri bo ni bo bazi bimwe mu byamuranze. Muvara Valens afite imyaka 60 y’amavuko. Akomoka mu muryango mugari w’abakinnyi b’umupira w’amaguru kuko barumuna be bitwa ba Mudeyi bagerageje kugera ikirenge mu cye. Izina rya se w’aba bose ni Modeste Mudeyi. Muri Vital’o yari umukinnyi ngenderwaho Nyuma yo kuzamukira mu ikipe yitwaga Bata, Muvara Valens yinjiye muri Vital’o yo mu Burundi aho yigaragaje cyane nk’umukinnyi ukomeye hamwe na Malik Jabir, Kamurani, Lomami n’abandi. Valens Muvara yazamukiraga ku ruhande rw’iburyo (ailier droit) agatsinda ibitego byinshi. Yahishuye icyatumye ava muri Vital’o imburagihe akajya muri Kiyov...
BAL 2024: Andi makipe 3 yabonye itike yo gukina ikiciro cya conference

BAL 2024: Andi makipe 3 yabonye itike yo gukina ikiciro cya conference

Imikino
Amakipe 3 ari yo Bangui Sporting Club yo muri Repubulika ya Santarafurika, FUS Rabat yo muri Maroke na Al Ahly Benghazi yo muri Libiya amaze gukatisha amatike yo kwitabira ikiciro gikurikiraho k’irushanwa rya Basketball Africa League 2024. Mu irushanwa rya Elite 16 mu kerekezo k’iburengerazuba (West Division) ryabaye hagati y’itariki ya 31 Ukwakira 2023 na 5 Ugushyingo 2023 i Yawunde muri Kameruni aya makipe atatu ni yo yatsindiye imyanya yo kuzaseruka mu matsinda y’ikiciro cya conference. Ku makipe 7 yari yaserutse, Bangui Sporting Club itozwa na Liz Mills ukomoka muri Australia ni yo yaje ku mwanya wa mbere itsinze FUS Rabat yo muri Maroke amanota 93 kuri 90. Umwanya wa gatatu wabaye uwa Al Ahly Benghazi yo muri Libiya yatsinze Forces Armées et Police yo muri Kameruni amanota 93 k...
Samson Ndayishimiye yatorewe kuyobora FERWACY

Samson Ndayishimiye yatorewe kuyobora FERWACY

Imikino
Ku itariki ya 5 Ugushyingo 2023 habaye amatora yo kuzuza imyanya muri Komite Nyobozi y’uwo mukino mu Rwanda (FERWACY). Ku mwanya wa perezida hatowe Samson Ndayishimiye wari umukandida umwe rukumbi. Uyu mugabo wari watanze kandidatire aturutse mu ikipe ya Kigali Cycling Club yegukanye uyu mwanya w’ubuyobozi bigoranye kuko ku nshuro ya mbere y’amatora yagize amajwi 6 gusa ku bantu 11 batoye. Nyuma yo kunganya amajwi na “oya” byabaye ngombwa kwitabaza inshuro ya kabiri y’amatora, Samson Ndayishimiye abona amajwi 8. Visi perezida wa mbere yabaye Valentin Bigango watanzwe n’ikipe ya Amis Sportifs. Yatsinze Madjaliwa Niyongoma wo wo muri Benediction Cycling Club. Arlette Ruyonza watanzwe na Nyabihu Cycling Team ni we watorewe kuba Umunyamabanga Mukuru. Ruyonza yari umukandi...
Volleyball: Ibigwi n’amateka bya Groupe Scolaire y’i Butare

Volleyball: Ibigwi n’amateka bya Groupe Scolaire y’i Butare

Imikino
Urwunge rw’Amashuri rw’i Butare ni ishuri rifite amateka aremereye mu ireme ry’uburezi no mu bikorwa bya siporo. Mu myaka yashize Groupe Scolaire yaramamaye cyane mu mikino haba mu mupira w’amaguru no muri volleyball ari na yo tugiye kwibandaho. Mu myaka ya vuba, ba Padiri Emmanuel Kayumba na Pierre Celestin Rwirangira bakunze kugarukwaho nka bamwe mu bayobozi ba Groupe Scolaire bashyigikiye volleyball nyuma ya jenoside yakorewe abatutsi. Gusa umusingi w’ubuhangange w’iri shuri rikunda kwitwa Indatwa wubakiye ku bafurere b’abashariti (Frères de la Charité) bayoboye iki kigo bakakigeza ku gasongero ka volleyball yo mu Rwanda. Mu myaka ya za 1980 ishyira za 90, abafurere nka Gaston na Bernard bakoze akazi gakomeye, bashimangira ibyari byaratangijwe n’abababanjirije, aho intego yari...
Volleyball: Amateka y’ikipe ya Seminari Ntoya y’i Butare

Volleyball: Amateka y’ikipe ya Seminari Ntoya y’i Butare

Imikino
Seminari Ntoya y’i Butare iherereye mu Karere ka Huye mu Ntara y’Amajyepfo. Iri shuri rifite akabyiniriro k’Isonga y’Ayisumbuye kubera imyitwarire myiza mu nzego zitandukanye nk’ikinyabupfura, kugira abanyeshuri b’abahanga, ubuyobozi bufite indangagaciro nziza, abarimu b’intangarugero, ubuhangange muri muzika no mu mikino. Abazi neza amateka y’iri shuri ryubatse ku musozi wa Karubanda hafi ya gereza, bemeza ko iri zina ry’igisingizo ryazanywe n’umwe mu barimu bahigishije amasomo y’indimi yitwaga Frodouard Sentama wakomokaga mu muryango w’abasizi na we ubwe akaba yari umusizi, waje guhitanwa na jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka wa 1994. By’umwihariko, ikipe ya Seminari Ntoya Virgo Fidelis yari ihagaze neza mu mikino haba mu ngororamubiri, umupira w’amaguru, basketball ariko cyane cyane vo...
Ikipe ya Etoile de l’Est yirukanye abatoza bayo

Ikipe ya Etoile de l’Est yirukanye abatoza bayo

Imikino
Inkundura yo kwirukana abatoza irakomeje mu makipe yo muri shampiyona y’ikiciro cya mbere mu Rwanda. Ku wa gatandatu tariki tariki 28 Ukwakira 2023 ubuyobozi bw’ikipe ya Etoile de l’Est yo mu Ntara y’i Burasirazuba bwatangaje ko bwatandukanye n’abari abatoza bayo, umutoza mukuru n’umutoza wungirije. Maurice Nshimiyimana uzwi nka Maso wari umutoza mukuru na Karim Habimana bavuye muri Etoile de l’Est nyuma y’umukino batsinzwemo na Kiyovu Sport ibitego 6 kuri kuri 1 ku wa gatanu tariki ya 27 Ukwakira 2023 kuri Stade yitiriwe Pélé i Nyamirambo mu mukino w’umunsi wa 9 wa shampiyona. Ibi byatumye iyi kipe ikomeza kumanuka ku rutonde rw’gateganyo, aho iri ku mwanya wa 14 n’amanota 7. Abayobozi ba Etoile de l’Est bemeza ko umwanzuro wo gutandukana n’abatoza bayo wavuye mu biganiro byabay...
Amatora ya FERWACY: Ejo hazaza ntihagaragara neza

Amatora ya FERWACY: Ejo hazaza ntihagaragara neza

Imikino
Nyuma y’uko komisiyo y’amatora mu Ishyirahamwe ry’Umukino wo Gusiganwa ku Magare mu Rwanda FERWACY yongeye gutangaza abakandida bazahatana mu matora yo kuzuza inzego, bamwe mu bakurikiranira hafi uyu mukino bakomeje kwibaza ku kerekezo cy’uyu mukino. Ku mwanya wa Perezida w’iri shyirahamwe haragaragara Samson Ndayishimiye akaba ari umukandida umwe rukumbi. Uyu mugabo aje aturuka mu ikipe ya Kigali Cycling Club. Azwi cyane mu mukino wo koga ari na ho hari abantu bashidikanya ku bushobozi bwe bwo gusubiza umukino w’amagare ku rwego yahoranye mu gihe yaramuka atowe. No kuba hakomeje kugaragara umukandida umwe kuri uyu mwanya kandi na bwo akaboneka hamana ni ikindi kimenyetso cy’uko kuyobora ishyirahamwe riremereye nka FERWACY atari ikintu cyo kwisukirwa na buri wese. Mu minsi is...