Thursday, April 10
Shadow

Ayandi

Nyagatare: Abaturage bishimira imikorere ya “Postes de Santé”

Nyagatare: Abaturage bishimira imikorere ya “Postes de Santé”

Ayandi
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyagatare bashimira ubuyobozi bwabegereje serivisi z’ubuzima bukabubakira ibigo by’amavuriro y’ibanze azwi nka “Postes de Santé” ari hafi yabo. Bavuga ko izi “Postes de Santé” zibafasha kwivuza indwara zimwe na zimwe batiriwe bakora ingendo ndende cyane nk’uko byari bimeze mbere, bikaba byarafashije abaturage kwivuza kandi ku gihe, Muri gahunda y’imyaka irindwi ishize, Leta y’u Rwanda yashyize imbaraga nyinshi mu bikorwa bitandukanye harimo n’ubuvuzi.  Yubatse ibigo by’ubuvuzi bw’ibanze bikorera ku rwego rw’akagari bitanga serivisi ubundi zatangirwaga ku bigo nderabuzima. Hakizumuremyi Jean Marie utuye mu murenge wa Nyagatare avuga ko ikigo cy’ubuvuzi bw’ibanze cyaziye igihe kuko kibafasha kwivuza mu buryo bworoshye. Agira ati: “ poste de s...
Hatanzwe ubutumwa bwo kwisungana n’impunzi ku munsi mpuzamahanga wazo

Hatanzwe ubutumwa bwo kwisungana n’impunzi ku munsi mpuzamahanga wazo

Ayandi
Umunsi Mpuzamahanga w’Impunzi ni umunsi washyizweho n’Umuryango w’Abibumbye mu rwego rwo kuzirikana impunzi. Uyu munsi wizihizwa ku itariki ya 20 Kamena buri mwaka hagamijwe guha agaciro ubutwari no kwihangana bigaragazwa n’abantu bavanywe mu byabo bagahunga ibihugu byabo bitewe n’intambara n’itotezwa. Uyu mwaka, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (UNHCR) kuri uyu munsi wahariwe impunzi yatanze ubutumwa bwo kwifatanya na zo no kurushaho kuzirikana ingorane impunzi zihura na zo. Iyo ntero ya UNHCR yikirijwe n’andi mashami y’Umuryango w’Abibumbye afite ubutabazi mu nshingano zayo, nk’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO),  n’indi miryango nk’Umuryango Utabara Imbabare ku Isi (ICRC) n’iyindi. Hirya no hino ku isi hateguwe ibikorwa binyuranye muri gahunda...
DHL ni ikigo cy’ubukombe mu bwikorezi bw’ubutumwa

DHL ni ikigo cy’ubukombe mu bwikorezi bw’ubutumwa

Ayandi, Travel
Kompanyi y’Abadage DHL yamamaye ku isi yose kubera umwanya wa mbere ifite mu bunararibonye bw’ubwikorezi bwibanda byane ku mabaruwa n’ubutumwa. DHL ni impine igizwe n’amazina y’abayishinze ari bo Dalsey, Hillblom na Lynn. Iyi kompanyi ni iy’ikigo cy’Abadage cyitwa Deutsche Post. Yashinzwe mu mwaka wa 1969 ikaba yaratwaraga amabaruwa n’inyandiko hagati ya San Fransisco na Los Angeles muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika. Umwaka ukurikiyeho ibikorwa bya DHL byakomereje no hirya no hino ku isi. Mu mwaka wa 1998 Deutsche Post yatangiye kugura imigabane muri DHL iza kuyegukana burundu muri 2002. DHL ikoresha uburyo bwose bw’ubwikorezi ari bwo indege, imodoka, gari ya moshi n’ubwato. Mukerarugendo
BAL 2024: Rivers Hoopers yegukanye umwanya wa gatatu

BAL 2024: Rivers Hoopers yegukanye umwanya wa gatatu

Ayandi, Imikino
Ku itariki ya 31 Gicurasi 2024, ikipe ya Rivers Hoopers yo muri Nijeriya yatsinze Cape Town Tigers yo muri Afurika y’Epfo ihita itahana umwanya wa gatatu mu mikino ya nyuma ya Basketball Africa League irimo kubera mu Rwanda. Uyu mukino warangiye Tivers Hoopers itsinze amanota 80 kuri 57. Iyi kipe yatunguye benshi kuko nta mahirwe yahabwaga yo kugera kure hashimishije. Yabanje kwihagararaho irangiza ku mwanya wa mbere mu mikino yo mu itsinda rya Sahara ryari ririmo kandi AS Douanes yo muri Senegali, US Minastir yo mu Rwanda n’APR Basketball Club yo mu Rwanda. Mu mikino ya kamarampaka na bwo Rivers Hoopers yaje ifite imbaraga nyinshi isezerera US Monastir yo muri Tuniziya muri kimwe cya kane k’irangiza iyitsinze amanota 92 kuri 88. Gusa muri kimwe cya kabiri k’irangiza na yo yakuwe...
Skol yemeje ko Rayon Sports izaseruka mu gikombe k’isi cy’abakanyujijeho

Skol yemeje ko Rayon Sports izaseruka mu gikombe k’isi cy’abakanyujijeho

Ayandi, Imikino
Uruganda rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye SKOL Brewery Ltd rwashyize umukono ku masezerano hamwe n’ubuyobozi butegura irushanwa ry’igikombe k’isi cy’abakanyujijeho (VCWC), yemerera ikipe ya Rayon Sport rusanzwe rutera inkunga kuzagaragara mu mikino imwe  n’imwe mu gihe k’iryo rushanwa. Ku wa kane tariki ya 30 Gicurasi 2024 ni bwo ayo masezerano yasinywe ku kicaro cy’urwo ruganda rw’inzoga mu Nzove. Ayo masezerano ateganya ko mbere y’uko habaho irushanwa, hazabanza igikorwa cyo kuzenguruka igihugu cyose herekanwa igikombe kizakinirwa, SKOL ikazabigiramo uruhare. Iki kigo cy’ubucuruzi bw’ibinyobwa cyahawe uburenganzira bwo kuzacuruza  ibinyobwa byacyo byose muri Stade Amahoro mu gihe k’irushanwa. SKOL kandi irateganya gukora igitaramo kinini gifungura irushanwa  kizatum...
Rwandair yateguje bamwe mu bagenzi ku ngorane bazahura na zo

Rwandair yateguje bamwe mu bagenzi ku ngorane bazahura na zo

Ayandi, Travel
Ikompanyi y’indege Rwandair yamenyesheje abagenzi berekeza mu mujyi wa Londres mu Bwongereza ko bashobora guhura n’inzitizi mu ngendo zabo bitewe n’imyigaragambyo irimo kubera kuri icyo gihugu.   Ubuyobozi bw’iyi kompanyi bwifashishije urubuga rwa X, bwatangaje ko abakozi bo mu ishami rishinzwe abinjira n’abasohoka mu Bwongereza barimo gukora imyigaragambo yatangiye ku itariki ya 31 Gicurasi ikazageza ku ya 2 Kamena 2024. Kubera iyo mpamvu abagenzi berekeza ku kibuga k’indege cya Heathrow i Londres bamara umwanya munini bategereje kugenzurwa nyuma yo kuva mu ndege. Ubu buyobozi burasaba abaclients babo kwihanganira izo nzitizi. Iyi myigaragambyo irimo gukorwa n’abakozi bagera kuri 500 bashinzwe kugenzura abinjira n’abasohoka ku kibuga cya Heathrow kubera ko hari ingingo n...
Ibyiza 10 by’ikiribwa cy’avoka ku mubiri w’umuntu

Ibyiza 10 by’ikiribwa cy’avoka ku mubiri w’umuntu

Ayandi
Urubuto rw’avoka ruri mu kiciro k’ibiribwa birimo ibinyamavuta. Hari abashobora gukeka ko ayo mavuta ashobora kugira ingaruka zitari nziza ku mubiri; abahanga mu by’ubuzima n’imirire ariko bemeza ko avocat ari ingenzi bakanerekana ibyiza 10 byayo. 1.Avoka yifitemo ubushobozi bwo kurwanya cancer y’imyanga ndangagitsina ku bagabo Iki kiribwa gituma abakunda kugifata kenshi badahura n’ibyago byo gufatwa na cancer ya prostate kandi avoka ikaba yatuma iyi ndwara mu gihe yagaragaye idakwirakwira mu bindi bice by’umubiri. 2.Irwanya cancer yo mu kanwa Avoka yifitemo intungamubiri zishobora kwerekana ibice byo mu kanwa bishobora kwibasirwa na cancer zikaba zakingira ayo makuba hakiri kare. 3.Ifite ubushobozi bwo gukumira cancer yo mu ibere Ubushakashatsi bwerekanye ko avoka ki...
Uruhinja rwavukiye mu ndege ruhabwa impano idasanzwe

Uruhinja rwavukiye mu ndege ruhabwa impano idasanzwe

Ayandi
Ku wa gatandatu tariki ya 16 Werurwe 2024 muri Mexique umubyeyi yabyariye mu ndege iri mu kirere hanyuma ba nyir’ikompanyi iyo ndege ibarizwamo baha uruhinja impano itangaje y’amatike 90 y’ingendo ku  buntu. Iyo ndege ya kompanyi yitwa Aeromexico yavaga mu mujyi wa Mexico yerekeza mujyi wa Ciudad Juarez. Umubyeyi yagiye ku bise ku bw’amahirwe umwe mu bagenzi bari bayirimo yari umuganga ahita amufasha kubyara. Umwana yavutse neza ndetse na nyina nta kibazo yagize kuko na nyuma y’uko indege igera ku butaka bakomeje kwitabwaho no guhabwa ubufasha bakeneye. Ku rubuga rwa twitter ubuyobozi bwa kompanyi Aeromexico bwatangaje ko bagize umugisha. Baranditse bati bati “ Mu ndege yacu habereye igitangaza.” Uwo mubyeyi wabyariye mu ndege ni Umunyahayitikazi w’imyaka 31 na ho uwamubyaje n...
Abana batarageza ku myaka y’ubukure bibye banki

Abana batarageza ku myaka y’ubukure bibye banki

Ayandi
Mu mujyi wa Houston muri Leta ya Texas muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ku itariki ya 14 Werurwe 2024 abajura batatu bakiri abana bateye banki barayisahura. Ed Gonzalez umuyobozi w’ishami rya polisi mu mujyi wa Houston yatangaje ko abo bana batawe muri yombi uko ari batatu; umwe afite imyaka 11 undi 12 uwa gatatu akagira imyaka 16. Uyu muyobozi akomeza asobanura ko bose bakurikiranyweho icyaha cy’ubujura no gutera ubwoba. Televiziyo yo mu mujyi wa Houston yitwa ABC 13 yatangaje ko aba bana bagabye igitero kuri banki yitwa Wells Fargo hanyuma bashyira ibikangisho ku mukozi wayo bafata amafaranga bariruka. Ishami rya FBI ryo mu mujyi wa Houston ryahise rishyira ku rukuta rwa twitter amafoto y’abo bana yari yafashwe na camera zo kuri banki. Ayo mafoto ni yo yatumye abo bana ba “rute...
Shooting Touch Rwanda ikomeje umurego mu guteza imbere abagore n’urubyiruko

Shooting Touch Rwanda ikomeje umurego mu guteza imbere abagore n’urubyiruko

Ayandi
Ku wa gatandatu tariki ya 16 Werurwe 2024, umuryango Shooting Touch Rwanda wizihije umunsi mpuzamahanga w’abagore. Imihango y’uyu munsi yariifite isura yihariye bwihariye kuko hakozwe urugendo rw’ibilometero bitanu ku maguru ndetse hakinwa imikino ya Basketball. Iyi gahunda yabereye mu karere ka Kayonza mu ntara y’u Burasirazuba yitabiriwe n’abantu barenga 1000 barimo abagenerwabikorwa ba Shooting Touch, abakozi bayo, abafatanyabikorwa n’abashyitsi batandukanye. Urugendo rwatangiye i saa mbiri za mu gitondo rwari rufite intego yo kurushaho gushimamngira ihame ry’uburinganire no guha amahirwe angana abantu b’ibitsina byombi. Hakurikiyeho imikino ya Basketball hanyuma amakipe yitwaye nezaahabwa ibikombe ndetse n’abakinnyi babaye ityoza bagenerwa imidari. Kuri uyu munsi kandi...