Wednesday, May 1
Shadow

Author: MUKERARUGENDO Admin

Justin Bieber ntabwo azongera kugaragara mu bitaramo mbere ya Werurwe 2023

Justin Bieber ntabwo azongera kugaragara mu bitaramo mbere ya Werurwe 2023

Imyidagaduro
Umuhanzi akaba n'umuririmbyi w'Umunyakanada Justin Bieber yugarijwe n'uburwayi ndetse burimo gukomera ku buryo yafashe umwanzuro wo gusubika ibitaramo byo kuzenguruka isi yateganyaga. Uyu muhanzi w'icyamamare ufite imyaka 28 akaba akurikirwa n'abantu barenga miliyoni 250 ku ipaji ye ya instagaram yafashwe n'uburwayi bwa paralysie butuma igice kimwe cyo mu maso kidakora. Mu kwezi kwa gatandatu uyu mwaka ni bwo ibimenyetso by'ubu burwayi bwe byatangiye kumugaragaraho ku buryo ijisho rye rimwe ritakoraga ndetse biboneka ko imiterere y'isura y'uyu muhanzi ukomeye yari yahindutse. Iyi ndwara ye idasanzwe ishobora no kumukomerera bikagera n'aho ananirwa kumva no kuvuga. Ni indwara ifata abantu 5 ku bantu 100,000 buri mwaka muri leta Zunze Ubumwe z'Amerika. Justin Bieber avuga ko...
Ibintu bine by’ingenzi bishyira ingagi mu kaga

Ibintu bine by’ingenzi bishyira ingagi mu kaga

Ibyiza nyaburanga
Mu myaka ya za 80 ingagi zo mu misozi miremire ntabwo zarengaga 400 ku isi yose ariko ibikorwa byo kuzibungabunga byatumye zigenda ziyongera ku buryo ubu zimaze kurenga 1000. Hari ibintu bine bigomba kwirindwa kuko ari byo bishyira mu kaga ingagi ku buryo byatuma zinashiraho burundu biramutse bidafatiwe ingamba.   1.Kuvogera amashyamba zibamo Ibikorwa by'ubuhinzi, gucukura amabuye y'agaciro no gushaka inkwi zo gucana bituma abantu bototera amashyamba ingagi zituyemo bityo zikabura aho ziba ubuzima bwazo bukajya mu makuba. 2.Indwara Ingagi zikunze kwandura indwara mu buryo bwa hato na hato kandi ntabwo zigira ubudahangarwa buhagije ku ndwara z'ibyorezo. Ni na yo mpamvu iyo hadutse indwara nshya zikuze guhitana umubare munini w'ingagi. Mu mabwiriza yo gusura ingagi ha...
Ivana Knoll umwe mu basusurukije abantu mu gikombe k’isi

Ivana Knoll umwe mu basusurukije abantu mu gikombe k’isi

Imyidagaduro
Mu irushanwa ryo guhatanira igikombe k'isi cy'umupira w'amaguru cyaberaga muri Qatar cyarangiye ku itariki ya 18 Ukuboza 2022, umunyamideri wo mu gihugu cya Croatia Ivana Knoll ni umwe mu bakoze udushya. Uyu mukobwa w'imyaka 30 y'amavuko wigeze guhatana mu irushanwa rya Nyampinga wa Croatia mu mwaka wa 2016 yagarutsweho cyane mu gikombe k'isi kubera imyambarire ye idasanzwe. Ubusanzwe amategeko agenderwaho muri Qatar ategeka ko abakobwa n'abagore bambara bakikwiza ari ko we ibi ntabwo yigeze abikozwa. Knoll buri gihe yagaragaraga yambaye imyenda ishimangira imiterere ye, rimwe ikaba ari imyenda igaragaza amabere, ubundi ikaba imyambaro migufi itamenyerewe mu bihugu byinshi byo mu Barabu. Kuri uyu Nyampinga ufite uburebure bwa metero imwe na santimetero 80 ngo nta kintu na kim...

Inkuba yakubise ba mukerarugendo mu gihe umwe muri bo yari ari mu kwezi kwa buki

Dusohokere he?
Ku wa kane w’icyumweru gishize muri Espagne mu burengerazuba bw’ikirwa cya Majorque inkuba yakubise abakerarugendo babiri irabahitana. Iyi nkuba yakubise mu ma saa cyenda n’igice z’amanywa yabanje kwica umugabo w’Umusuwisi w’imyaka 65 ikurikizaho undi mugabo w’Umudage w’imyaka 51 wari uri muri metero 15 uvuye aho uwa mbere yari ari. Uriya musaza w’Umusuwisi nta bwo yigeze asamba na ho Umudage yahawe ubufasha bwihutirwa ariko na we biranga biba iby’ubusa yitaba Imana asize umugore we bari bari kumwe mu kiruhuko cy’ukwezi kwa buki dore ko ari bwo bari bakimara gukora ubukwe. Uwo mugore we bari kumwe yahise ahura n’ikibazo kihungabana yahise akurikiranirwa hafi ahabwa ubufasha bwa ngombwa. Abantu bose bari bari kuri icyo kirwa bahise basabwa kuhava igitaraganya mu rwego rwo kwirinda...