BAL 2023: REG Basketball Club yatangiye neza
Mu irushanwa rya Basketball Africa League ririmo guhuza amakipe atandatu yo mu itsinda rya Sahara, ikipe ya REG Basketball Club ihagarariye u Rwanda yatsinze umukino wayo wa mbere.
Mu mukino wahuje iyi kipe y’Ikigo Gishinzwe Ibirebana n’Ingufu mu Rwanda na Kwara Falcons yo muri Nijeriya ku cyumweru tariki 12 y’ukwezi kwa 3, REG Basketball Club yatsinze amanota 64 kuri 48. Abakinnyi nka Adonis Filer, Delwan Graham na Thomas Cleveland bari mu bigaragaje cyane muri uyu mukino. Ku ruhande rza Kwara Falcons abakinnyi nka Anthony Wilson na Ruot Monyyong bari batangiranye imbaraga ariko zigenda zigabanuka buhoro buhoro.
Iyi ntsinzi ya mbere y’umutoza Dean Murray wa REG Basketball club ni intambwe nziza kuri iyi kipe ifite inshingano zo kongera kwegukana umwanya wa mbere mu itsinda rya S...